Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore Darnga   Aaya.:

Al Qiyamat

لَآ أُقۡسِمُ بِيَوۡمِ ٱلۡقِيَٰمَةِ
Ndahiye umunsi w’izuka,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَآ أُقۡسِمُ بِٱلنَّفۡسِ ٱللَّوَّامَةِ
Nanarahiye umutima (w’umwemeramana) ugaya nyirawo (kubera guteshuka ku nzira igororotse).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَيَحۡسَبُ ٱلۡإِنسَٰنُ أَلَّن نَّجۡمَعَ عِظَامَهُۥ
Ese umuntu (w’umuhakanyi) akeka ko tutazakoranya amagufa ye (tumuzura)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلَىٰ قَٰدِرِينَ عَلَىٰٓ أَن نُّسَوِّيَ بَنَانَهُۥ
Ni byo! Dushoboye no kuringaniza imitwe y’intoki ze (imirongo iyiriho igasubira nk’uko yari imeze mbere).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلۡ يُرِيدُ ٱلۡإِنسَٰنُ لِيَفۡجُرَ أَمَامَهُۥ
Ahubwo umuntu (ahakana izuka) ashaka icyatuma akomeza kwibera mu bwangizi!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَسۡـَٔلُ أَيَّانَ يَوۡمُ ٱلۡقِيَٰمَةِ
Abaza (akerensa) ati “Uwo munsi w’izuka uzaba ryari?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِذَا بَرِقَ ٱلۡبَصَرُ
(Uwo munsi uzaba) igihe amaso azakanaguzwa (kubera ubwoba),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَخَسَفَ ٱلۡقَمَرُ
N’ukwezi kukazima,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجُمِعَ ٱلشَّمۡسُ وَٱلۡقَمَرُ
Ndetse izuba n’ukwezi bigahurizwa hamwe (kimwe kikinjira mu kindi).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَقُولُ ٱلۡإِنسَٰنُ يَوۡمَئِذٍ أَيۡنَ ٱلۡمَفَرُّ
Icyo gihe umuntu azavuga ati “Ni he ho guhungira?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّا لَا وَزَرَ
(Azabwirwa ati) “Oya! Nta ho guhungira hahari!”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَىٰ رَبِّكَ يَوۡمَئِذٍ ٱلۡمُسۡتَقَرُّ
Kuri uwo munsi, igarukiro rizaba ari kwa Nyagasani wawe (wenyine).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يُنَبَّؤُاْ ٱلۡإِنسَٰنُ يَوۡمَئِذِۭ بِمَا قَدَّمَ وَأَخَّرَ
Kuri uwo munsi, umuntu azabwirwa ibyo yakoze mbere n’ibyo yaherutse (byaba ibyiza cyangwa ibibi).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلِ ٱلۡإِنسَٰنُ عَلَىٰ نَفۡسِهِۦ بَصِيرَةٞ
Ahubwo umuntu azibera umuhamya w’ibyo yakoze (kuko ingingo z’umubiri we ari zo zizamushinja ibyo yakoze).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَوۡ أَلۡقَىٰ مَعَاذِيرَهُۥ
Kabone n’ubwo yatanga impamvu ze (agamije kwiregura).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَا تُحَرِّكۡ بِهِۦ لِسَانَكَ لِتَعۡجَلَ بِهِۦٓ
(Yewe Muhamadi), ntukanyeganyeze ururimi rwawe kubera ubwira ngo (Qur’an) itagucika (ugira ngo uvuge ibyo uhishurirwa, ahubwo ujye utega amatwi wumve ibyo uba uhishurirwa na Malayika Jibrilu).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ عَلَيۡنَا جَمۡعَهُۥ وَقُرۡءَانَهُۥ
Mu by’ukuri ni twe tuzayikusanyiriza (mu gituza cyawe) kandi ni natwe tuzakwigisha kuyisoma (Qur’an),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِذَا قَرَأۡنَٰهُ فَٱتَّبِعۡ قُرۡءَانَهُۥ
Nituyigusomera (binyuze kuri Malayika wacu), ujye ukurikira isomwa ryayo.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ إِنَّ عَلَيۡنَا بَيَانَهُۥ
Hanyuma ni twe (Allah) tuzayigusobanurira.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّا بَلۡ تُحِبُّونَ ٱلۡعَاجِلَةَ
(Ibyo mukeka ko mutazazurwa mukanabazwa ibyo mwakoze) si ko biri; ahubwo mukunda ubuzima bwo ku isi butaramba,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَتَذَرُونَ ٱلۡأٓخِرَةَ
Mukirengagiza imperuka.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وُجُوهٞ يَوۡمَئِذٖ نَّاضِرَةٌ
Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba burabagirana,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَىٰ رَبِّهَا نَاظِرَةٞ
Bureba Nyagasani wabwo.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَوُجُوهٞ يَوۡمَئِذِۭ بَاسِرَةٞ
Kuri uwo munsi kandi, uburanga (bw’abahakanyi) buzaba bwijimye,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
تَظُنُّ أَن يُفۡعَلَ بِهَا فَاقِرَةٞ
Bibaza ko bagiye guhura n’ishyano.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّآ إِذَا بَلَغَتِ ٱلتَّرَاقِيَ
Uramenye (utazarutisha isi imperuka, kuko) iyo (roho) igeze mu ngoto (igihe cyo gupfa),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَقِيلَ مَنۡۜ رَاقٖ
Hanyuma hakavugwa ngo “Ni nde wamutabara (akamurinda urupfu)?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَظَنَّ أَنَّهُ ٱلۡفِرَاقُ
Nuko (ugiye gupfa) akamenya ko igihe cyo gutandukana (gupfa) cyageze.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلۡتَفَّتِ ٱلسَّاقُ بِٱلسَّاقِ
Maze (kubera ububabare bwo gukurwamo roho), ukuguru kwe kuzahuzwa n’ukundi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَىٰ رَبِّكَ يَوۡمَئِذٍ ٱلۡمَسَاقُ
Kuri uwo munsi, (wowe muntu ukuwemo roho) uzerekezwa kwa Nyagasani wawe.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَلَا صَدَّقَ وَلَا صَلَّىٰ
Ariko (umuhakanyi) ntiyigeze yemera ndetse nta n’ubwo yigeze asali,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَٰكِن كَذَّبَ وَتَوَلَّىٰ
Ahubwo yahinyuye (Qur’an) maze ayitera umugongo,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ ذَهَبَ إِلَىٰٓ أَهۡلِهِۦ يَتَمَطَّىٰٓ
Hanyuma akagenda yibona yerekeza mu muryango we,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَوۡلَىٰ لَكَ فَأَوۡلَىٰ
Ufite akaga (yewe muntu w’umuhakanyi)! Kandi na none ufite akaga!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ أَوۡلَىٰ لَكَ فَأَوۡلَىٰٓ
Nyamara ufite akaga (yewe muntu w’umuhakanyi)! Kandi ufite akaga!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَيَحۡسَبُ ٱلۡإِنسَٰنُ أَن يُتۡرَكَ سُدًى
Ese umuntu yibwira ko azarekwa gusa (atabajijwe ibyo yakoze ngo abihemberwe cyangwa ngo abihanirwe)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَلَمۡ يَكُ نُطۡفَةٗ مِّن مَّنِيّٖ يُمۡنَىٰ
Ese ntiyari intanga mu masohoro asohowe?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ كَانَ عَلَقَةٗ فَخَلَقَ فَسَوَّىٰ
Hanyuma akaba urusoro rw’amaraso, maze Allah akamurema, akanamutunganya (akaba umuntu wuzuye)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَجَعَلَ مِنۡهُ ٱلزَّوۡجَيۡنِ ٱلذَّكَرَ وَٱلۡأُنثَىٰٓ
Maze akamuremamo ibitsina bibiri: gabo na gore,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَلَيۡسَ ذَٰلِكَ بِقَٰدِرٍ عَلَىٰٓ أَن يُحۡـِۧيَ ٱلۡمَوۡتَىٰ
Ese uwo (Allah ukora ibyo) si We ushoboye kuzura abapfuye?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore Darnga
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu