Check out the new design

የተከበረው ቁርአን መልዕክተ ትርጉም - የኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የሩዋንዳ ሙስሊም ማህበር * - የትርጉሞች ማውጫ

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

የመልዕክት ትርጉም ሱራ (ምዕራፍ): አል ቂያማህ   አንቀፅ:

Al Qiyamat

لَآ أُقۡسِمُ بِيَوۡمِ ٱلۡقِيَٰمَةِ
Ndahiye umunsi w’izuka,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَلَآ أُقۡسِمُ بِٱلنَّفۡسِ ٱللَّوَّامَةِ
Nanarahiye umutima (w’umwemeramana) ugaya nyirawo (kubera guteshuka ku nzira igororotse).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
أَيَحۡسَبُ ٱلۡإِنسَٰنُ أَلَّن نَّجۡمَعَ عِظَامَهُۥ
Ese umuntu (w’umuhakanyi) akeka ko tutazakoranya amagufa ye (tumuzura)?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
بَلَىٰ قَٰدِرِينَ عَلَىٰٓ أَن نُّسَوِّيَ بَنَانَهُۥ
Ni byo! Dushoboye no kuringaniza imitwe y’intoki ze (imirongo iyiriho igasubira nk’uko yari imeze mbere).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
بَلۡ يُرِيدُ ٱلۡإِنسَٰنُ لِيَفۡجُرَ أَمَامَهُۥ
Ahubwo umuntu (ahakana izuka) ashaka icyatuma akomeza kwibera mu bwangizi!
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
يَسۡـَٔلُ أَيَّانَ يَوۡمُ ٱلۡقِيَٰمَةِ
Abaza (akerensa) ati “Uwo munsi w’izuka uzaba ryari?”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَإِذَا بَرِقَ ٱلۡبَصَرُ
(Uwo munsi uzaba) igihe amaso azakanaguzwa (kubera ubwoba),
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَخَسَفَ ٱلۡقَمَرُ
N’ukwezi kukazima,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَجُمِعَ ٱلشَّمۡسُ وَٱلۡقَمَرُ
Ndetse izuba n’ukwezi bigahurizwa hamwe (kimwe kikinjira mu kindi).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
يَقُولُ ٱلۡإِنسَٰنُ يَوۡمَئِذٍ أَيۡنَ ٱلۡمَفَرُّ
Icyo gihe umuntu azavuga ati “Ni he ho guhungira?”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
كَلَّا لَا وَزَرَ
(Azabwirwa ati) “Oya! Nta ho guhungira hahari!”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِلَىٰ رَبِّكَ يَوۡمَئِذٍ ٱلۡمُسۡتَقَرُّ
Kuri uwo munsi, igarukiro rizaba ari kwa Nyagasani wawe (wenyine).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
يُنَبَّؤُاْ ٱلۡإِنسَٰنُ يَوۡمَئِذِۭ بِمَا قَدَّمَ وَأَخَّرَ
Kuri uwo munsi, umuntu azabwirwa ibyo yakoze mbere n’ibyo yaherutse (byaba ibyiza cyangwa ibibi).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
بَلِ ٱلۡإِنسَٰنُ عَلَىٰ نَفۡسِهِۦ بَصِيرَةٞ
Ahubwo umuntu azibera umuhamya w’ibyo yakoze (kuko ingingo z’umubiri we ari zo zizamushinja ibyo yakoze).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَلَوۡ أَلۡقَىٰ مَعَاذِيرَهُۥ
Kabone n’ubwo yatanga impamvu ze (agamije kwiregura).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
لَا تُحَرِّكۡ بِهِۦ لِسَانَكَ لِتَعۡجَلَ بِهِۦٓ
(Yewe Muhamadi), ntukanyeganyeze ururimi rwawe kubera ubwira ngo (Qur’an) itagucika (ugira ngo uvuge ibyo uhishurirwa, ahubwo ujye utega amatwi wumve ibyo uba uhishurirwa na Malayika Jibrilu).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِنَّ عَلَيۡنَا جَمۡعَهُۥ وَقُرۡءَانَهُۥ
Mu by’ukuri ni twe tuzayikusanyiriza (mu gituza cyawe) kandi ni natwe tuzakwigisha kuyisoma (Qur’an),
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَإِذَا قَرَأۡنَٰهُ فَٱتَّبِعۡ قُرۡءَانَهُۥ
Nituyigusomera (binyuze kuri Malayika wacu), ujye ukurikira isomwa ryayo.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ثُمَّ إِنَّ عَلَيۡنَا بَيَانَهُۥ
Hanyuma ni twe (Allah) tuzayigusobanurira.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
كَلَّا بَلۡ تُحِبُّونَ ٱلۡعَاجِلَةَ
(Ibyo mukeka ko mutazazurwa mukanabazwa ibyo mwakoze) si ko biri; ahubwo mukunda ubuzima bwo ku isi butaramba,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَتَذَرُونَ ٱلۡأٓخِرَةَ
Mukirengagiza imperuka.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وُجُوهٞ يَوۡمَئِذٖ نَّاضِرَةٌ
Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba burabagirana,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِلَىٰ رَبِّهَا نَاظِرَةٞ
Bureba Nyagasani wabwo.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَوُجُوهٞ يَوۡمَئِذِۭ بَاسِرَةٞ
Kuri uwo munsi kandi, uburanga (bw’abahakanyi) buzaba bwijimye,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
تَظُنُّ أَن يُفۡعَلَ بِهَا فَاقِرَةٞ
Bibaza ko bagiye guhura n’ishyano.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
كَلَّآ إِذَا بَلَغَتِ ٱلتَّرَاقِيَ
Uramenye (utazarutisha isi imperuka, kuko) iyo (roho) igeze mu ngoto (igihe cyo gupfa),
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَقِيلَ مَنۡۜ رَاقٖ
Hanyuma hakavugwa ngo “Ni nde wamutabara (akamurinda urupfu)?”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَظَنَّ أَنَّهُ ٱلۡفِرَاقُ
Nuko (ugiye gupfa) akamenya ko igihe cyo gutandukana (gupfa) cyageze.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَٱلۡتَفَّتِ ٱلسَّاقُ بِٱلسَّاقِ
Maze (kubera ububabare bwo gukurwamo roho), ukuguru kwe kuzahuzwa n’ukundi.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِلَىٰ رَبِّكَ يَوۡمَئِذٍ ٱلۡمَسَاقُ
Kuri uwo munsi, (wowe muntu ukuwemo roho) uzerekezwa kwa Nyagasani wawe.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَلَا صَدَّقَ وَلَا صَلَّىٰ
Ariko (umuhakanyi) ntiyigeze yemera ndetse nta n’ubwo yigeze asali,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَلَٰكِن كَذَّبَ وَتَوَلَّىٰ
Ahubwo yahinyuye (Qur’an) maze ayitera umugongo,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ثُمَّ ذَهَبَ إِلَىٰٓ أَهۡلِهِۦ يَتَمَطَّىٰٓ
Hanyuma akagenda yibona yerekeza mu muryango we,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
أَوۡلَىٰ لَكَ فَأَوۡلَىٰ
Ufite akaga (yewe muntu w’umuhakanyi)! Kandi na none ufite akaga!
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ثُمَّ أَوۡلَىٰ لَكَ فَأَوۡلَىٰٓ
Nyamara ufite akaga (yewe muntu w’umuhakanyi)! Kandi ufite akaga!
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
أَيَحۡسَبُ ٱلۡإِنسَٰنُ أَن يُتۡرَكَ سُدًى
Ese umuntu yibwira ko azarekwa gusa (atabajijwe ibyo yakoze ngo abihemberwe cyangwa ngo abihanirwe)?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
أَلَمۡ يَكُ نُطۡفَةٗ مِّن مَّنِيّٖ يُمۡنَىٰ
Ese ntiyari intanga mu masohoro asohowe?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ثُمَّ كَانَ عَلَقَةٗ فَخَلَقَ فَسَوَّىٰ
Hanyuma akaba urusoro rw’amaraso, maze Allah akamurema, akanamutunganya (akaba umuntu wuzuye)?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَجَعَلَ مِنۡهُ ٱلزَّوۡجَيۡنِ ٱلذَّكَرَ وَٱلۡأُنثَىٰٓ
Maze akamuremamo ibitsina bibiri: gabo na gore,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
أَلَيۡسَ ذَٰلِكَ بِقَٰدِرٍ عَلَىٰٓ أَن يُحۡـِۧيَ ٱلۡمَوۡتَىٰ
Ese uwo (Allah ukora ibyo) si We ushoboye kuzura abapfuye?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
 
የመልዕክት ትርጉም ሱራ (ምዕራፍ): አል ቂያማህ
የሱራዎች ማውጫ ገፅ ቁጥር
 
የተከበረው ቁርአን መልዕክተ ትርጉም - የኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የሩዋንዳ ሙስሊም ማህበር - የትርጉሞች ማውጫ

በሩዋንዳ ሙስሊሞች ማህበር የተሰጠ።

ለመዝጋት