Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore cuddiiɗo   Aaya.:

Mudathir

يَٰٓأَيُّهَا ٱلۡمُدَّثِّرُ
Yewe uwitwikiriye (uvugwa aha ni Intumwa Muhamadi)!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قُمۡ فَأَنذِرۡ
Haguruka uburire (ibiremwa),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَرَبَّكَ فَكَبِّرۡ
Unahe ikuzo Nyagasani wawe.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَثِيَابَكَ فَطَهِّرۡ
Unasukure imyambaro yawe.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلرُّجۡزَ فَٱهۡجُرۡ
Unitarure ibigirwamana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَا تَمۡنُن تَسۡتَكۡثِرُ
Ntukanatange (ikintu) ugamije indonke zitubutse.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلِرَبِّكَ فَٱصۡبِرۡ
Kandi ujye wihangana kubera Nyagasani wawe.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِذَا نُقِرَ فِي ٱلنَّاقُورِ
Ubwo impanda izavuzwa.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَذَٰلِكَ يَوۡمَئِذٖ يَوۡمٌ عَسِيرٌ
Uwo munsi uzaba ari umunsi ukomeye,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
عَلَى ٱلۡكَٰفِرِينَ غَيۡرُ يَسِيرٖ
Uzaba utoroheye abahakanyi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ذَرۡنِي وَمَنۡ خَلَقۡتُ وَحِيدٗا
(Yewe Muhamadi) ndekera uwo naremye ari wenyine (uvugwa aha ni Al Walid bun al Mughirat),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَعَلۡتُ لَهُۥ مَالٗا مَّمۡدُودٗا
Nkamuha imitungo itubutse,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَبَنِينَ شُهُودٗا
N’urubyaro rumukikije,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَهَّدتُّ لَهُۥ تَمۡهِيدٗا
Nkanamworohereza ubuzima.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ يَطۡمَعُ أَنۡ أَزِيدَ
Nyuma y’ibyo byose, akaba yifuza ko namwongera,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّآۖ إِنَّهُۥ كَانَ لِأٓيَٰتِنَا عَنِيدٗا
Oya! Mu by’ukuri yajyaga ahinyura amagambo yacu cyane.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
سَأُرۡهِقُهُۥ صَعُودًا
Nzamunaniza muhanisha ibihano bikomeye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُۥ فَكَّرَ وَقَدَّرَ
Mu by’ukuri yaratekereje maze afata umwanzuro (wo gutuka Allah n’Intumwa ye ndetse na Qur’an),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَقُتِلَ كَيۡفَ قَدَّرَ
Bityo, navumwe kubera umwanzuro yafashe!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ قُتِلَ كَيۡفَ قَدَّرَ
Niyongere avumwe kubera umwanzuro yafashe!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ نَظَرَ
Nuko (yubura amaso) areba (abari bamukikije),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ عَبَسَ وَبَسَرَ
Maze azinga umunya, akambya agahanga,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ أَدۡبَرَ وَٱسۡتَكۡبَرَ
Nuko atera umugongo (ukuri), maze aribona.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَقَالَ إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا سِحۡرٞ يُؤۡثَرُ
Aravuga ati “Ibi (Muhamadi yigisha) nta kindi biri cyo uretse ko ari uburozi (akomora ku barozi bo hambere bakomeye)!”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا قَوۡلُ ٱلۡبَشَرِ
“Ibi (Muhamadi yigisha) nta kindi biri cyo uretse ko ari amagambo y’umuntu!”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
سَأُصۡلِيهِ سَقَرَ
Nzamutwikira mu muriro.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَآ أَدۡرَىٰكَ مَا سَقَرُ
N’iki cyakumenyesha uwo muriro?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَا تُبۡقِي وَلَا تَذَرُ
Nta cyo ureka ndetse nta n’icyo usigaza,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَوَّاحَةٞ لِّلۡبَشَرِ
Utwika imibiri ukanayishiririza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
عَلَيۡهَا تِسۡعَةَ عَشَرَ
Urinzwe (n’abamalayika) cumi n’icyenda.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا جَعَلۡنَآ أَصۡحَٰبَ ٱلنَّارِ إِلَّا مَلَٰٓئِكَةٗۖ وَمَا جَعَلۡنَا عِدَّتَهُمۡ إِلَّا فِتۡنَةٗ لِّلَّذِينَ كَفَرُواْ لِيَسۡتَيۡقِنَ ٱلَّذِينَ أُوتُواْ ٱلۡكِتَٰبَ وَيَزۡدَادَ ٱلَّذِينَ ءَامَنُوٓاْ إِيمَٰنٗا وَلَا يَرۡتَابَ ٱلَّذِينَ أُوتُواْ ٱلۡكِتَٰبَ وَٱلۡمُؤۡمِنُونَ وَلِيَقُولَ ٱلَّذِينَ فِي قُلُوبِهِم مَّرَضٞ وَٱلۡكَٰفِرُونَ مَاذَآ أَرَادَ ٱللَّهُ بِهَٰذَا مَثَلٗاۚ كَذَٰلِكَ يُضِلُّ ٱللَّهُ مَن يَشَآءُ وَيَهۡدِي مَن يَشَآءُۚ وَمَا يَعۡلَمُ جُنُودَ رَبِّكَ إِلَّا هُوَۚ وَمَا هِيَ إِلَّا ذِكۡرَىٰ لِلۡبَشَرِ
Kandi nta bandi twagize abarinzi b’umuriro batari abamalayika. Ndetse twanashyizeho umubare wabo (cumi n’icyenda) kugira ngo tugerageze abahakanyi, no kugira ngo abahawe ibitabo bemere badashidikanya (ko Qur’an ari ukuri kuko ihuriye kuri uwo mubare wanditse mu bitabo byabo); ndetse no kugira ngo abemeramana barusheho kwemera, no kugira ngo abahawe igitabo n’abemeramana batagira ugushidikanya (ku byo bemeye), ndetse no kugira ngo abafite uburwayi (bw’uburyarya) mu mitima n’abahakanyi bavuge bati “Allah yari agamije iki mu gutanga uru rugero?” Uko ni ko Allah arekera mu buyobe uwo ashaka akanayobora uwo ashaka. Kandi nta wamenya ingabo za Nyagasani wawe utari We. Kandi uyu (muriro) nta kindi uri cyo usibye ko ari urwibutso ku bantu.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّا وَٱلۡقَمَرِ
Oya si ko biri! Ndahiye ukwezi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلَّيۡلِ إِذۡ أَدۡبَرَ
N’ijoro igihe ricyeye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلصُّبۡحِ إِذَآ أَسۡفَرَ
N’igitondo igihe gitangaje.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهَا لَإِحۡدَى ٱلۡكُبَرِ
Mu by’ukuri uwo (muriro) ni kimwe mu (byago) bihambaye,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
نَذِيرٗا لِّلۡبَشَرِ
Ukaba n’umuburo ku bantu;
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لِمَن شَآءَ مِنكُمۡ أَن يَتَقَدَّمَ أَوۡ يَتَأَخَّرَ
Ku wo ari we wese muri mwe ushaka kujya imbere (yiyegereza Nyagasani we) cyangwa gusubira inyuma (amwigomekaho).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كُلُّ نَفۡسِۭ بِمَا كَسَبَتۡ رَهِينَةٌ
Buri wese azafungirwa (mu muriro) bitewe n’ibibi yakoze.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّآ أَصۡحَٰبَ ٱلۡيَمِينِ
Uretse abantu b’iburyo (b’abemera nyakuri),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فِي جَنَّٰتٖ يَتَسَآءَلُونَ
Bazaba bari mu busitani (Ijuru), babazanya
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
عَنِ ٱلۡمُجۡرِمِينَ
Ku byerekeye inkozi z’ibibi, (maze bazibaze bati)
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مَا سَلَكَكُمۡ فِي سَقَرَ
“Ni iki cyabateye kuba muri mu muriro?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَالُواْ لَمۡ نَكُ مِنَ ٱلۡمُصَلِّينَ
(Izo nkozi z’ibibi) zizavuga ziti “Ntitwari bamwe mu basenga,”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَمۡ نَكُ نُطۡعِمُ ٱلۡمِسۡكِينَ
Nta n’ubwo twajyaga tugaburira abakene,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَكُنَّا نَخُوضُ مَعَ ٱلۡخَآئِضِينَ
Kandi twajyaga tugirana ibiganiro n’abavuga ibidafite umumaro,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَكُنَّا نُكَذِّبُ بِيَوۡمِ ٱلدِّينِ
Ndetse twajyaga duhinyura umunsi w’ibihembo (imperuka).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
حَتَّىٰٓ أَتَىٰنَا ٱلۡيَقِينُ
Kugeza ubwo ukuri kudashidikanywaho (urupfu) kutugezeho.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَمَا تَنفَعُهُمۡ شَفَٰعَةُ ٱلشَّٰفِعِينَ
Bityo, nta buvugizi bw’abavugizi buzagira icyo bubamarira.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَمَا لَهُمۡ عَنِ ٱلتَّذۡكِرَةِ مُعۡرِضِينَ
None se ni iyihe mpamvu ituma (abahakanyi) batera umugongo urwibutso?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَأَنَّهُمۡ حُمُرٞ مُّسۡتَنفِرَةٞ
Bameze nk’indogobe z’agasozi ziruka (zifite ubwoba),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَرَّتۡ مِن قَسۡوَرَةِۭ
Zihunga intare!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلۡ يُرِيدُ كُلُّ ٱمۡرِيٕٖ مِّنۡهُمۡ أَن يُؤۡتَىٰ صُحُفٗا مُّنَشَّرَةٗ
Ahubwo buri wese muri bo aba ashaka ko yahishurirwa ibitabo birambuye (bishimangira ko Isilamu ari idini ry’ukuri).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّاۖ بَل لَّا يَخَافُونَ ٱلۡأٓخِرَةَ
Oya si ko biri! Ahubwo ntibatinya umunsi w’imperuka.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّآ إِنَّهُۥ تَذۡكِرَةٞ
Oya si ko biri! Mu by’ukuri iyi (Qur’an) ni urwibutso.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَمَن شَآءَ ذَكَرَهُۥ
Bityo, ushaka (ko imubera urwibutso) nayibuke (ayisoma, anatekereza ku nyigisho ziyikubiyemo).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا يَذۡكُرُونَ إِلَّآ أَن يَشَآءَ ٱللَّهُۚ هُوَ أَهۡلُ ٱلتَّقۡوَىٰ وَأَهۡلُ ٱلۡمَغۡفِرَةِ
Kandi ntibashobora kwibuka keretse Allah abishatse. Ni We ukwiriye gutinywa, ndetse ni na We utanga imbabazi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore cuddiiɗo
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu