Check out the new design

Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association * - Index of Translations

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Translation of the Meanings Surah: Al-Muddaththir   Verse:

Mudathir

يَٰٓأَيُّهَا ٱلۡمُدَّثِّرُ
Yewe uwitwikiriye (uvugwa aha ni Intumwa Muhamadi)!
Arabic Tafsirs:
قُمۡ فَأَنذِرۡ
Haguruka uburire (ibiremwa),
Arabic Tafsirs:
وَرَبَّكَ فَكَبِّرۡ
Unahe ikuzo Nyagasani wawe.
Arabic Tafsirs:
وَثِيَابَكَ فَطَهِّرۡ
Unasukure imyambaro yawe.
Arabic Tafsirs:
وَٱلرُّجۡزَ فَٱهۡجُرۡ
Unitarure ibigirwamana.
Arabic Tafsirs:
وَلَا تَمۡنُن تَسۡتَكۡثِرُ
Ntukanatange (ikintu) ugamije indonke zitubutse.
Arabic Tafsirs:
وَلِرَبِّكَ فَٱصۡبِرۡ
Kandi ujye wihangana kubera Nyagasani wawe.
Arabic Tafsirs:
فَإِذَا نُقِرَ فِي ٱلنَّاقُورِ
Ubwo impanda izavuzwa.
Arabic Tafsirs:
فَذَٰلِكَ يَوۡمَئِذٖ يَوۡمٌ عَسِيرٌ
Uwo munsi uzaba ari umunsi ukomeye,
Arabic Tafsirs:
عَلَى ٱلۡكَٰفِرِينَ غَيۡرُ يَسِيرٖ
Uzaba utoroheye abahakanyi.
Arabic Tafsirs:
ذَرۡنِي وَمَنۡ خَلَقۡتُ وَحِيدٗا
(Yewe Muhamadi) ndekera uwo naremye ari wenyine (uvugwa aha ni Al Walid bun al Mughirat),
Arabic Tafsirs:
وَجَعَلۡتُ لَهُۥ مَالٗا مَّمۡدُودٗا
Nkamuha imitungo itubutse,
Arabic Tafsirs:
وَبَنِينَ شُهُودٗا
N’urubyaro rumukikije,
Arabic Tafsirs:
وَمَهَّدتُّ لَهُۥ تَمۡهِيدٗا
Nkanamworohereza ubuzima.
Arabic Tafsirs:
ثُمَّ يَطۡمَعُ أَنۡ أَزِيدَ
Nyuma y’ibyo byose, akaba yifuza ko namwongera,
Arabic Tafsirs:
كَلَّآۖ إِنَّهُۥ كَانَ لِأٓيَٰتِنَا عَنِيدٗا
Oya! Mu by’ukuri yajyaga ahinyura amagambo yacu cyane.
Arabic Tafsirs:
سَأُرۡهِقُهُۥ صَعُودًا
Nzamunaniza muhanisha ibihano bikomeye.
Arabic Tafsirs:
إِنَّهُۥ فَكَّرَ وَقَدَّرَ
Mu by’ukuri yaratekereje maze afata umwanzuro (wo gutuka Allah n’Intumwa ye ndetse na Qur’an),
Arabic Tafsirs:
فَقُتِلَ كَيۡفَ قَدَّرَ
Bityo, navumwe kubera umwanzuro yafashe!
Arabic Tafsirs:
ثُمَّ قُتِلَ كَيۡفَ قَدَّرَ
Niyongere avumwe kubera umwanzuro yafashe!
Arabic Tafsirs:
ثُمَّ نَظَرَ
Nuko (yubura amaso) areba (abari bamukikije),
Arabic Tafsirs:
ثُمَّ عَبَسَ وَبَسَرَ
Maze azinga umunya, akambya agahanga,
Arabic Tafsirs:
ثُمَّ أَدۡبَرَ وَٱسۡتَكۡبَرَ
Nuko atera umugongo (ukuri), maze aribona.
Arabic Tafsirs:
فَقَالَ إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا سِحۡرٞ يُؤۡثَرُ
Aravuga ati “Ibi (Muhamadi yigisha) nta kindi biri cyo uretse ko ari uburozi (akomora ku barozi bo hambere bakomeye)!”
Arabic Tafsirs:
إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا قَوۡلُ ٱلۡبَشَرِ
“Ibi (Muhamadi yigisha) nta kindi biri cyo uretse ko ari amagambo y’umuntu!”
Arabic Tafsirs:
سَأُصۡلِيهِ سَقَرَ
Nzamutwikira mu muriro.
Arabic Tafsirs:
وَمَآ أَدۡرَىٰكَ مَا سَقَرُ
N’iki cyakumenyesha uwo muriro?
Arabic Tafsirs:
لَا تُبۡقِي وَلَا تَذَرُ
Nta cyo ureka ndetse nta n’icyo usigaza,
Arabic Tafsirs:
لَوَّاحَةٞ لِّلۡبَشَرِ
Utwika imibiri ukanayishiririza.
Arabic Tafsirs:
عَلَيۡهَا تِسۡعَةَ عَشَرَ
Urinzwe (n’abamalayika) cumi n’icyenda.
Arabic Tafsirs:
وَمَا جَعَلۡنَآ أَصۡحَٰبَ ٱلنَّارِ إِلَّا مَلَٰٓئِكَةٗۖ وَمَا جَعَلۡنَا عِدَّتَهُمۡ إِلَّا فِتۡنَةٗ لِّلَّذِينَ كَفَرُواْ لِيَسۡتَيۡقِنَ ٱلَّذِينَ أُوتُواْ ٱلۡكِتَٰبَ وَيَزۡدَادَ ٱلَّذِينَ ءَامَنُوٓاْ إِيمَٰنٗا وَلَا يَرۡتَابَ ٱلَّذِينَ أُوتُواْ ٱلۡكِتَٰبَ وَٱلۡمُؤۡمِنُونَ وَلِيَقُولَ ٱلَّذِينَ فِي قُلُوبِهِم مَّرَضٞ وَٱلۡكَٰفِرُونَ مَاذَآ أَرَادَ ٱللَّهُ بِهَٰذَا مَثَلٗاۚ كَذَٰلِكَ يُضِلُّ ٱللَّهُ مَن يَشَآءُ وَيَهۡدِي مَن يَشَآءُۚ وَمَا يَعۡلَمُ جُنُودَ رَبِّكَ إِلَّا هُوَۚ وَمَا هِيَ إِلَّا ذِكۡرَىٰ لِلۡبَشَرِ
Kandi nta bandi twagize abarinzi b’umuriro batari abamalayika. Ndetse twanashyizeho umubare wabo (cumi n’icyenda) kugira ngo tugerageze abahakanyi, no kugira ngo abahawe ibitabo bemere badashidikanya (ko Qur’an ari ukuri kuko ihuriye kuri uwo mubare wanditse mu bitabo byabo); ndetse no kugira ngo abemeramana barusheho kwemera, no kugira ngo abahawe igitabo n’abemeramana batagira ugushidikanya (ku byo bemeye), ndetse no kugira ngo abafite uburwayi (bw’uburyarya) mu mitima n’abahakanyi bavuge bati “Allah yari agamije iki mu gutanga uru rugero?” Uko ni ko Allah arekera mu buyobe uwo ashaka akanayobora uwo ashaka. Kandi nta wamenya ingabo za Nyagasani wawe utari We. Kandi uyu (muriro) nta kindi uri cyo usibye ko ari urwibutso ku bantu.
Arabic Tafsirs:
كَلَّا وَٱلۡقَمَرِ
Oya si ko biri! Ndahiye ukwezi.
Arabic Tafsirs:
وَٱلَّيۡلِ إِذۡ أَدۡبَرَ
N’ijoro igihe ricyeye.
Arabic Tafsirs:
وَٱلصُّبۡحِ إِذَآ أَسۡفَرَ
N’igitondo igihe gitangaje.
Arabic Tafsirs:
إِنَّهَا لَإِحۡدَى ٱلۡكُبَرِ
Mu by’ukuri uwo (muriro) ni kimwe mu (byago) bihambaye,
Arabic Tafsirs:
نَذِيرٗا لِّلۡبَشَرِ
Ukaba n’umuburo ku bantu;
Arabic Tafsirs:
لِمَن شَآءَ مِنكُمۡ أَن يَتَقَدَّمَ أَوۡ يَتَأَخَّرَ
Ku wo ari we wese muri mwe ushaka kujya imbere (yiyegereza Nyagasani we) cyangwa gusubira inyuma (amwigomekaho).
Arabic Tafsirs:
كُلُّ نَفۡسِۭ بِمَا كَسَبَتۡ رَهِينَةٌ
Buri wese azafungirwa (mu muriro) bitewe n’ibibi yakoze.
Arabic Tafsirs:
إِلَّآ أَصۡحَٰبَ ٱلۡيَمِينِ
Uretse abantu b’iburyo (b’abemera nyakuri),
Arabic Tafsirs:
فِي جَنَّٰتٖ يَتَسَآءَلُونَ
Bazaba bari mu busitani (Ijuru), babazanya
Arabic Tafsirs:
عَنِ ٱلۡمُجۡرِمِينَ
Ku byerekeye inkozi z’ibibi, (maze bazibaze bati)
Arabic Tafsirs:
مَا سَلَكَكُمۡ فِي سَقَرَ
“Ni iki cyabateye kuba muri mu muriro?”
Arabic Tafsirs:
قَالُواْ لَمۡ نَكُ مِنَ ٱلۡمُصَلِّينَ
(Izo nkozi z’ibibi) zizavuga ziti “Ntitwari bamwe mu basenga,”
Arabic Tafsirs:
وَلَمۡ نَكُ نُطۡعِمُ ٱلۡمِسۡكِينَ
Nta n’ubwo twajyaga tugaburira abakene,
Arabic Tafsirs:
وَكُنَّا نَخُوضُ مَعَ ٱلۡخَآئِضِينَ
Kandi twajyaga tugirana ibiganiro n’abavuga ibidafite umumaro,
Arabic Tafsirs:
وَكُنَّا نُكَذِّبُ بِيَوۡمِ ٱلدِّينِ
Ndetse twajyaga duhinyura umunsi w’ibihembo (imperuka).
Arabic Tafsirs:
حَتَّىٰٓ أَتَىٰنَا ٱلۡيَقِينُ
Kugeza ubwo ukuri kudashidikanywaho (urupfu) kutugezeho.
Arabic Tafsirs:
فَمَا تَنفَعُهُمۡ شَفَٰعَةُ ٱلشَّٰفِعِينَ
Bityo, nta buvugizi bw’abavugizi buzagira icyo bubamarira.
Arabic Tafsirs:
فَمَا لَهُمۡ عَنِ ٱلتَّذۡكِرَةِ مُعۡرِضِينَ
None se ni iyihe mpamvu ituma (abahakanyi) batera umugongo urwibutso?
Arabic Tafsirs:
كَأَنَّهُمۡ حُمُرٞ مُّسۡتَنفِرَةٞ
Bameze nk’indogobe z’agasozi ziruka (zifite ubwoba),
Arabic Tafsirs:
فَرَّتۡ مِن قَسۡوَرَةِۭ
Zihunga intare!
Arabic Tafsirs:
بَلۡ يُرِيدُ كُلُّ ٱمۡرِيٕٖ مِّنۡهُمۡ أَن يُؤۡتَىٰ صُحُفٗا مُّنَشَّرَةٗ
Ahubwo buri wese muri bo aba ashaka ko yahishurirwa ibitabo birambuye (bishimangira ko Isilamu ari idini ry’ukuri).
Arabic Tafsirs:
كَلَّاۖ بَل لَّا يَخَافُونَ ٱلۡأٓخِرَةَ
Oya si ko biri! Ahubwo ntibatinya umunsi w’imperuka.
Arabic Tafsirs:
كَلَّآ إِنَّهُۥ تَذۡكِرَةٞ
Oya si ko biri! Mu by’ukuri iyi (Qur’an) ni urwibutso.
Arabic Tafsirs:
فَمَن شَآءَ ذَكَرَهُۥ
Bityo, ushaka (ko imubera urwibutso) nayibuke (ayisoma, anatekereza ku nyigisho ziyikubiyemo).
Arabic Tafsirs:
وَمَا يَذۡكُرُونَ إِلَّآ أَن يَشَآءَ ٱللَّهُۚ هُوَ أَهۡلُ ٱلتَّقۡوَىٰ وَأَهۡلُ ٱلۡمَغۡفِرَةِ
Kandi ntibashobora kwibuka keretse Allah abishatse. Ni We ukwiriye gutinywa, ndetse ni na We utanga imbabazi.
Arabic Tafsirs:
 
Translation of the Meanings Surah: Al-Muddaththir
Index of Surahs Page Number
 
Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association - Index of Translations

Issued by Rwanda Muslim Association

Close