Check out the new design

Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association * - Index of Translations

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Translation of the Meanings Surah: Al-Wāqi‘ah   Verse:

Al Waaqi’ah

إِذَا وَقَعَتِ ٱلۡوَاقِعَةُ
Ubwo imperuka izaba igeze,
Arabic Tafsirs:
لَيۡسَ لِوَقۡعَتِهَا كَاذِبَةٌ
Nta we uzashobora guhinyura ukuza kwayo.
Arabic Tafsirs:
خَافِضَةٞ رَّافِعَةٌ
Izacisha bugufi (abazajya mu muriro), inashyire hejuru (abazajya mu ijuru).
Arabic Tafsirs:
إِذَا رُجَّتِ ٱلۡأَرۡضُ رَجّٗا
Ubwo isi izatigiswa n’umutingito ukomeye.
Arabic Tafsirs:
وَبُسَّتِ ٱلۡجِبَالُ بَسّٗا
N’imisozi igahindurwa ubuvungukira.
Arabic Tafsirs:
فَكَانَتۡ هَبَآءٗ مُّنۢبَثّٗا
Maze ikaba umukungugu utumuka.
Arabic Tafsirs:
وَكُنتُمۡ أَزۡوَٰجٗا ثَلَٰثَةٗ
(Icyo gihe) muzaba muri mu byiciro bitatu:
Arabic Tafsirs:
فَأَصۡحَٰبُ ٱلۡمَيۡمَنَةِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡمَيۡمَنَةِ
Hari ab’iburyo;[1] abo bantu b’iburyo ni bantu ki?
[1] Abantu b’iburyo ni abakoze ibikorwa byiza, bazahabwa igitabo mu kuboko kwabo kw’iburyo gikubiyemo ibikorwa bakoze bakiri ku isi. Naho ab’ibumoso ni abakoze ibikorwa bibi, bazahabwa icyo gitabo mu kuboko kw’ibumoso.
Arabic Tafsirs:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلۡمَشۡـَٔمَةِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡمَشۡـَٔمَةِ
N’ab’ibumoso; abo bantu b’ibumoso ni bantu ki?
Arabic Tafsirs:
وَٱلسَّٰبِقُونَ ٱلسَّٰبِقُونَ
N’aba mbere (ni ababimburiye abandi mu gukurikiza amategeko ya Allah bakiri ku isi), abo bazaba ari bo ba mbere (mu kwinjira mu Ijuru).
Arabic Tafsirs:
أُوْلَٰٓئِكَ ٱلۡمُقَرَّبُونَ
Abo ni bo bazaba bari hafi (ya Allah).
Arabic Tafsirs:
فِي جَنَّٰتِ ٱلنَّعِيمِ
Mu ijuru ryuje ingabire.
Arabic Tafsirs:
ثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
Abenshi (muri bo) bazaba ari itsinda rinini ryo mu bantu bo hambere (mbere y’Intumwa Muhamadi).
Arabic Tafsirs:
وَقَلِيلٞ مِّنَ ٱلۡأٓخِرِينَ
Na bake mu bantu bo hanyuma (bakurikiye Intumwa Muhamadi).
Arabic Tafsirs:
عَلَىٰ سُرُرٖ مَّوۡضُونَةٖ
Bazaba bari ku bitanda bitatswe na zahabu,
Arabic Tafsirs:
مُّتَّكِـِٔينَ عَلَيۡهَا مُتَقَٰبِلِينَ
Babyegamyeho, berekeranye.
Arabic Tafsirs:
يَطُوفُ عَلَيۡهِمۡ وِلۡدَٰنٞ مُّخَلَّدُونَ
Bazaba bazengurukwamo n’abana b’abahungu bahoraho (badasaza cyangwa ngo bapfe),
Arabic Tafsirs:
بِأَكۡوَابٖ وَأَبَارِيقَ وَكَأۡسٖ مِّن مَّعِينٖ
(Bazaba babazengurutsamo) ibikombe, amabirika n’ibirahuri birimo ibinyobwa (byiza) byo mu masoko yo mu ijuru),
Arabic Tafsirs:
لَّا يُصَدَّعُونَ عَنۡهَا وَلَا يُنزِفُونَ
Ntibizabatera kurwara umutwe ndetse nta n’ubwo bizabasindisha.
Arabic Tafsirs:
وَفَٰكِهَةٖ مِّمَّا يَتَخَيَّرُونَ
(Bazaba banazengurutswamo) imbuto bazihitiramo,
Arabic Tafsirs:
وَلَحۡمِ طَيۡرٖ مِّمَّا يَشۡتَهُونَ
Ndetse n’inyama z’inyoni bazifuza.
Arabic Tafsirs:
وَحُورٌ عِينٞ
Kandi (hazaba hari) ba Huur ul-a’in (abagore bo mu Ijuru b’igikundiro n’amaso manini).
Arabic Tafsirs:
كَأَمۡثَٰلِ ٱللُّؤۡلُوِٕ ٱلۡمَكۡنُونِ
Bameze nk’inigi zishashagirana (Lu’ulu’u) zikiri mu bubiko bwazo.
Arabic Tafsirs:
جَزَآءَۢ بِمَا كَانُواْ يَعۡمَلُونَ
Bizaba ari ibihembo by’ibyo bakoraga.
Arabic Tafsirs:
لَا يَسۡمَعُونَ فِيهَا لَغۡوٗا وَلَا تَأۡثِيمًا
Muri ryo (Ijuru) nta magambo adafite akamaro cyangwa se ayatuma bakora ibyaha bazumvamo,
Arabic Tafsirs:
إِلَّا قِيلٗا سَلَٰمٗا سَلَٰمٗا
Uretse (imvugo yo kuramukanya, igira iti) “Salamu, Salamu (amahoro, amahoro)!”
Arabic Tafsirs:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلۡيَمِينِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلۡيَمِينِ
Naho ab’iburyo; ni bantu ki (mbega ibihembo by’abantu b’iburyo)?
Arabic Tafsirs:
فِي سِدۡرٖ مَّخۡضُودٖ
Bazaba mu (ijuru ririmo) ibiti bya Sidiri bidafite amahwa,
Arabic Tafsirs:
وَطَلۡحٖ مَّنضُودٖ
N’insina zifite ibitoki by’amaseri agerekeranye,
Arabic Tafsirs:
وَظِلّٖ مَّمۡدُودٖ
No mu gicucu cyagutse (kandi gihoraho),
Arabic Tafsirs:
وَمَآءٖ مَّسۡكُوبٖ
N’amazi ahora atemba,
Arabic Tafsirs:
وَفَٰكِهَةٖ كَثِيرَةٖ
Ndetse n’imbuto nyinshi,
Arabic Tafsirs:
لَّا مَقۡطُوعَةٖ وَلَا مَمۡنُوعَةٖ
Ntizizahundura (bitewe n’ihinduka ry’ibihe cyangwa ngo zigire igihe cyo kwera), kandi ntizizaba zibujijwe (kuri bo).
Arabic Tafsirs:
وَفُرُشٖ مَّرۡفُوعَةٍ
Bazaba banafite ibitanda biri hejuru.
Arabic Tafsirs:
إِنَّآ أَنشَأۡنَٰهُنَّ إِنشَآءٗ
Mu by’ukuri (abagore bo ku isi bazajya mu ijuru) tuzabarema bundi bushya.
Arabic Tafsirs:
فَجَعَلۡنَٰهُنَّ أَبۡكَارًا
Maze tubagire amasugi.
Arabic Tafsirs:
عُرُبًا أَتۡرَابٗا
Bakunda (abagabo babo gusa), kandi ari urungano.
Arabic Tafsirs:
لِّأَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Ibi byose) byateganyirijwe abantu b’iburyo.
Arabic Tafsirs:
ثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
Abenshi (muri bo) bazaba ari itsinda rinini ryo mu bantu bo hambere (mbere y’Intumwa Muhamadi).
Arabic Tafsirs:
وَثُلَّةٞ مِّنَ ٱلۡأٓخِرِينَ
Na benshi mu bantu bo hanyuma (bakurikiye Intumwa Muhamadi).
Arabic Tafsirs:
وَأَصۡحَٰبُ ٱلشِّمَالِ مَآ أَصۡحَٰبُ ٱلشِّمَالِ
Naho abantu b’ibumoso; ni bantu ki (mbega ibihano by’abantu b’ibumoso)?
Arabic Tafsirs:
فِي سَمُومٖ وَحَمِيمٖ
Bazaba bari mu muyaga utwika ndetse n’amazi yatuye.
Arabic Tafsirs:
وَظِلّٖ مِّن يَحۡمُومٖ
No mu gicucu cy’umwotsi w’umukara.
Arabic Tafsirs:
لَّا بَارِدٖ وَلَا كَرِيمٍ
(Icyo gicucu) nta mafu kizatanga ndetse nta n’icyiza kizagiturukaho.
Arabic Tafsirs:
إِنَّهُمۡ كَانُواْ قَبۡلَ ذَٰلِكَ مُتۡرَفِينَ
Mu by’ukuri mbere bari babayeho mu buzima bwo kwinezeza (bigomeka kuri Allah).
Arabic Tafsirs:
وَكَانُواْ يُصِرُّونَ عَلَى ٱلۡحِنثِ ٱلۡعَظِيمِ
Kandi bajyaga batsimbarara ku cyaha gihambaye (cyo kubangikanya Imana, ntibagire umugambi wo kubyicuza).
Arabic Tafsirs:
وَكَانُواْ يَقُولُونَ أَئِذَا مِتۡنَا وَكُنَّا تُرَابٗا وَعِظَٰمًا أَءِنَّا لَمَبۡعُوثُونَ
Kandi bajyaga bavuga bati “ Ese nidupfa tugahinduka igitaka n’amagufa (akabora), tuzazurwa koko?”
Arabic Tafsirs:
أَوَءَابَآؤُنَا ٱلۡأَوَّلُونَ
“N’abakurambere bacu (bazazurwa) se?”
Arabic Tafsirs:
قُلۡ إِنَّ ٱلۡأَوَّلِينَ وَٱلۡأٓخِرِينَ
Vuga (yewe Muhamadi) uti “(Yego) rwose, abo hambere n’abo hanyuma,
Arabic Tafsirs:
لَمَجۡمُوعُونَ إِلَىٰ مِيقَٰتِ يَوۡمٖ مَّعۡلُومٖ
Bazakoranywa ku munsi uzwi, wagenwe (umunsi w’imperuka).”
Arabic Tafsirs:
ثُمَّ إِنَّكُمۡ أَيُّهَا ٱلضَّآلُّونَ ٱلۡمُكَذِّبُونَ
Nuko mwe abayobye mukanahinyura ukuri,
Arabic Tafsirs:
لَأٓكِلُونَ مِن شَجَرٖ مِّن زَقُّومٖ
Rwose muzarya ku giti cya Zaqumu,
Arabic Tafsirs:
فَمَالِـُٔونَ مِنۡهَا ٱلۡبُطُونَ
Maze mucyuzuze inda,
Arabic Tafsirs:
فَشَٰرِبُونَ عَلَيۡهِ مِنَ ٱلۡحَمِيمِ
Mukirenzeho amazi yatuye,
Arabic Tafsirs:
فَشَٰرِبُونَ شُرۡبَ ٱلۡهِيمِ
Muzayanywa nk’ingamiya zinywa zidashira inyota.
Arabic Tafsirs:
هَٰذَا نُزُلُهُمۡ يَوۡمَ ٱلدِّينِ
Iryo ni ryo zimano ryabo ku munsi w’ibihembo.
Arabic Tafsirs:
نَحۡنُ خَلَقۡنَٰكُمۡ فَلَوۡلَا تُصَدِّقُونَ
Ni twe twabaremye. None se kuki mutemera (izuka)?
Arabic Tafsirs:
أَفَرَءَيۡتُم مَّا تُمۡنُونَ
Ese mutekereza iki ku byo musohora (amasohoro)?
Arabic Tafsirs:
ءَأَنتُمۡ تَخۡلُقُونَهُۥٓ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡخَٰلِقُونَ
Ese ni mwe muyarema cyangwa ni twe Muremyi?
Arabic Tafsirs:
نَحۡنُ قَدَّرۡنَا بَيۡنَكُمُ ٱلۡمَوۡتَ وَمَا نَحۡنُ بِمَسۡبُوقِينَ
Ni twe twabageneye urupfu kandi ntitwananirwa,
Arabic Tafsirs:
عَلَىٰٓ أَن نُّبَدِّلَ أَمۡثَٰلَكُمۡ وَنُنشِئَكُمۡ فِي مَا لَا تَعۡلَمُونَ
Kubasimbuza abameze nkamwe, maze tukabaremamo (amashusho y’) ibindi mutazi.
Arabic Tafsirs:
وَلَقَدۡ عَلِمۡتُمُ ٱلنَّشۡأَةَ ٱلۡأُولَىٰ فَلَوۡلَا تَذَكَّرُونَ
Kandi mu by’ukuri mwamenye ukuremwa (kwanyu) kwa mbere. None se kuki mutibuka?
Arabic Tafsirs:
أَفَرَءَيۡتُم مَّا تَحۡرُثُونَ
Ese ntimubona ibyo muhinga?
Arabic Tafsirs:
ءَأَنتُمۡ تَزۡرَعُونَهُۥٓ أَمۡ نَحۡنُ ٱلزَّٰرِعُونَ
Ese ni mwe mubiha kumera no gukura, cyangwa ni twe tubikora?
Arabic Tafsirs:
لَوۡ نَشَآءُ لَجَعَلۡنَٰهُ حُطَٰمٗا فَظَلۡتُمۡ تَفَكَّهُونَ
Tubishatse twabigira ubushingwe, maze mugakomeza kumirwa.
Arabic Tafsirs:
إِنَّا لَمُغۡرَمُونَ
(Muvuga muti) “Rwose (twaruhiye ubusa none) dusigaye mu madeni”;
Arabic Tafsirs:
بَلۡ نَحۡنُ مَحۡرُومُونَ
Cyangwa ahubwo turaburaniwe (tubuze byose).
Arabic Tafsirs:
أَفَرَءَيۡتُمُ ٱلۡمَآءَ ٱلَّذِي تَشۡرَبُونَ
Ese ntimubona amazi munywa?
Arabic Tafsirs:
ءَأَنتُمۡ أَنزَلۡتُمُوهُ مِنَ ٱلۡمُزۡنِ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡمُنزِلُونَ
Ese ni mwe muyamanura mu bicu cyangwa ni twe tuyamanura?
Arabic Tafsirs:
لَوۡ نَشَآءُ جَعَلۡنَٰهُ أُجَاجٗا فَلَوۡلَا تَشۡكُرُونَ
Iyo tuza kubishaka, twari kuyagira urwunyunyu (ntanyobwe). None se kuki mudashimira (Allah).
Arabic Tafsirs:
أَفَرَءَيۡتُمُ ٱلنَّارَ ٱلَّتِي تُورُونَ
Ese ntimubona umuriro mucana?
Arabic Tafsirs:
ءَأَنتُمۡ أَنشَأۡتُمۡ شَجَرَتَهَآ أَمۡ نَحۡنُ ٱلۡمُنشِـُٔونَ
Ese ni mwe mwaremye igiti cyawo (muwukomoramo) cyangwa ni twe Muremyi?
Arabic Tafsirs:
نَحۡنُ جَعَلۡنَٰهَا تَذۡكِرَةٗ وَمَتَٰعٗا لِّلۡمُقۡوِينَ
Ni twe twawugize urwibutso (rw’umuriro wa Jahanamu), ndetse n’ingirakamaro ku bagenzi (n’abandi bose bawukeneye).
Arabic Tafsirs:
فَسَبِّحۡ بِٱسۡمِ رَبِّكَ ٱلۡعَظِيمِ
Ngaho singiza izina rya Nyagasani wawe, Uhambaye.
Arabic Tafsirs:
۞ فَلَآ أُقۡسِمُ بِمَوَٰقِعِ ٱلنُّجُومِ
Ndahiye ibyimbo by’inyenyeri (mu isanzure).
Arabic Tafsirs:
وَإِنَّهُۥ لَقَسَمٞ لَّوۡ تَعۡلَمُونَ عَظِيمٌ
Kandi rwose iyo ni indahiro ihambaye iyo muza kumenya,
Arabic Tafsirs:
إِنَّهُۥ لَقُرۡءَانٞ كَرِيمٞ
Ko mu by’ukuri (iyi) ari Qur’an Ntagatifu,
Arabic Tafsirs:
فِي كِتَٰبٖ مَّكۡنُونٖ
Iri mu gitabo kirinzwe neza (mu Ijuru),
Arabic Tafsirs:
لَّا يَمَسُّهُۥٓ إِلَّا ٱلۡمُطَهَّرُونَ
Kitajya kigira ugikoraho uretse abejejwe (bafite isuku).
Arabic Tafsirs:
تَنزِيلٞ مِّن رَّبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Ni uguhishurwa kwaturutse kwa Nyagasani w’ibiremwa.
Arabic Tafsirs:
أَفَبِهَٰذَا ٱلۡحَدِيثِ أَنتُم مُّدۡهِنُونَ
Ese iyi nkuru (Qur’an) ni yo muhinyura?
Arabic Tafsirs:
وَتَجۡعَلُونَ رِزۡقَكُمۡ أَنَّكُمۡ تُكَذِّبُونَ
Aho (gushimira Allah) ku ngabire abaha, (mumwitura) kumuhakana?
Arabic Tafsirs:
فَلَوۡلَآ إِذَا بَلَغَتِ ٱلۡحُلۡقُومَ
None se (kuki nta cyo mukora) igihe roho (y’umuntu ugiye gupfa) igeze mu muhogo?
Arabic Tafsirs:
وَأَنتُمۡ حِينَئِذٖ تَنظُرُونَ
Icyo gihe muba murebera,
Arabic Tafsirs:
وَنَحۡنُ أَقۡرَبُ إِلَيۡهِ مِنكُمۡ وَلَٰكِن لَّا تُبۡصِرُونَ
Kandi tuba turi hafi ye kubarusha, ariko mwe ntimubibona.
Arabic Tafsirs:
فَلَوۡلَآ إِن كُنتُمۡ غَيۡرَ مَدِينِينَ
None se kuki, niba mwibwira ko nta cyo muzabazwa (mukaba mwibwira ko muri abanyembaraga),
Arabic Tafsirs:
تَرۡجِعُونَهَآ إِن كُنتُمۡ صَٰدِقِينَ
Mutayigarura (iyo roho mu mubiri wayo), niba koko muri abanyakuri?
Arabic Tafsirs:
فَأَمَّآ إِن كَانَ مِنَ ٱلۡمُقَرَّبِينَ
Niba (uwo muntu ugiye gupfa) ari mu ba hafi (ya Allah),
Arabic Tafsirs:
فَرَوۡحٞ وَرَيۡحَانٞ وَجَنَّتُ نَعِيمٖ
(Ateganyirijwe) umunezero n’impumuro y’ibyishimo, ndetse n’ubusitani bwuje ingabire (Ijuru).
Arabic Tafsirs:
وَأَمَّآ إِن كَانَ مِنۡ أَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Uwo muntu ugiye gupfa) naba ari mu bantu b’iburyo,
Arabic Tafsirs:
فَسَلَٰمٞ لَّكَ مِنۡ أَصۡحَٰبِ ٱلۡيَمِينِ
(Azabwirwa ati) “Amahoro nabe kuri wowe kuko uri mu bantu b’iburyo.”
Arabic Tafsirs:
وَأَمَّآ إِن كَانَ مِنَ ٱلۡمُكَذِّبِينَ ٱلضَّآلِّينَ
Ariko (uwo muntu ugiye gupfa) naba ari mu bahinyura (izuka), bayobye,
Arabic Tafsirs:
فَنُزُلٞ مِّنۡ حَمِيمٖ
Izimano rye rizaba ari amazi yatuye,
Arabic Tafsirs:
وَتَصۡلِيَةُ جَحِيمٍ
No kuzatwikirwa mu muriro.
Arabic Tafsirs:
إِنَّ هَٰذَا لَهُوَ حَقُّ ٱلۡيَقِينِ
Mu by’ukuri uku ni ko kuri kudashidikanywaho.
Arabic Tafsirs:
فَسَبِّحۡ بِٱسۡمِ رَبِّكَ ٱلۡعَظِيمِ
Ngaho tagatifuza izina rya Nyagasani wawe, Uhambaye.
Arabic Tafsirs:
 
Translation of the Meanings Surah: Al-Wāqi‘ah
Index of Surahs Page Number
 
Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association - Index of Translations

Issued by Rwanda Muslim Association

Close