Check out the new design

Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association * - Index of Translations

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Translation of the Meanings Surah: As-Sāffāt   Verse:
فَلَمَّآ أَسۡلَمَا وَتَلَّهُۥ لِلۡجَبِينِ
Nuko bombi bamaze kumvira (itegeko rya Allah), (Ibrahimu) amuryamisha hasi yubitse umutwe (kugira ngo amubage).
Arabic Tafsirs:
وَنَٰدَيۡنَٰهُ أَن يَٰٓإِبۡرَٰهِيمُ
Maze turamuhamagara tuti “Yewe Ibrahimu!
Arabic Tafsirs:
قَدۡ صَدَّقۡتَ ٱلرُّءۡيَآۚ إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Rwose wakabije inzozi. Mu by’ukuri uko ni ko duhemba abakora neza.”
Arabic Tafsirs:
إِنَّ هَٰذَا لَهُوَ ٱلۡبَلَٰٓؤُاْ ٱلۡمُبِينُ
Mu by’ukuri iki ni cyo kigeragezo kigaragara.
Arabic Tafsirs:
وَفَدَيۡنَٰهُ بِذِبۡحٍ عَظِيمٖ
Nuko tumucunguza igitambo gihambaye (intama).
Arabic Tafsirs:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Tunamuha kuzasigara avugwa neza mubazabaho nyuma ye.
Arabic Tafsirs:
سَلَٰمٌ عَلَىٰٓ إِبۡرَٰهِيمَ
Amahoro nabe kuri Ibrahimu.
Arabic Tafsirs:
كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Uko ni ko tugororera abakoze neza.
Arabic Tafsirs:
إِنَّهُۥ مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri (Ibrahimu) yari umwe mu bagaragu bacu b’abemeramana.
Arabic Tafsirs:
وَبَشَّرۡنَٰهُ بِإِسۡحَٰقَ نَبِيّٗا مِّنَ ٱلصَّٰلِحِينَ
Kandi twamuhaye inkuru nziza (yo kuzabyara) Isihaka, akaba umuhanuzi (ndetse akaba n’umwe) mu ntungane.
Arabic Tafsirs:
وَبَٰرَكۡنَا عَلَيۡهِ وَعَلَىٰٓ إِسۡحَٰقَۚ وَمِن ذُرِّيَّتِهِمَا مُحۡسِنٞ وَظَالِمٞ لِّنَفۡسِهِۦ مُبِينٞ
Nuko we na Isihaka tubaha imigisha. No mu rubyaro rwabo harimo abakora ibyiza ndetse n’abihemukira ku buryo bugaragara.
Arabic Tafsirs:
وَلَقَدۡ مَنَنَّا عَلَىٰ مُوسَىٰ وَهَٰرُونَ
Kandi rwose Musa na Haruna twabahaye ingabire (y’ubutumwa).
Arabic Tafsirs:
وَنَجَّيۡنَٰهُمَا وَقَوۡمَهُمَا مِنَ ٱلۡكَرۡبِ ٱلۡعَظِيمِ
Maze bombi n’abantu babo tubakiza amakuba ahambaye (yo kurohama).
Arabic Tafsirs:
وَنَصَرۡنَٰهُمۡ فَكَانُواْ هُمُ ٱلۡغَٰلِبِينَ
Turanabatabara nuko baba ari bo batsinda.
Arabic Tafsirs:
وَءَاتَيۡنَٰهُمَا ٱلۡكِتَٰبَ ٱلۡمُسۡتَبِينَ
Nuko tubaha igitabo (Tawurati) gisobanutse,
Arabic Tafsirs:
وَهَدَيۡنَٰهُمَا ٱلصِّرَٰطَ ٱلۡمُسۡتَقِيمَ
Tunabayobora inzira igororotse.
Arabic Tafsirs:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِمَا فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Kandi twanabahaye kuzasigara bavugwa neza mu bazabaho nyuma yabo.
Arabic Tafsirs:
سَلَٰمٌ عَلَىٰ مُوسَىٰ وَهَٰرُونَ
Amahoro nabe kuri Musa na Haruna.
Arabic Tafsirs:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
Arabic Tafsirs:
إِنَّهُمَا مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Rwose bombi bari mu bagaragu bacu b’abemeramana.
Arabic Tafsirs:
وَإِنَّ إِلۡيَاسَ لَمِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi mu by’ukuri Iliyasi yari umwe mu ntumwa.
Arabic Tafsirs:
إِذۡ قَالَ لِقَوۡمِهِۦٓ أَلَا تَتَّقُونَ
Ubwo yabwiraga abantu be ati “Ese ntimugandukira Allah?
Arabic Tafsirs:
أَتَدۡعُونَ بَعۡلٗا وَتَذَرُونَ أَحۡسَنَ ٱلۡخَٰلِقِينَ
Ese musaba Ba’ala (ikigirwamana) muretse Umuremyi usumba abandi?
Arabic Tafsirs:
ٱللَّهَ رَبَّكُمۡ وَرَبَّ ءَابَآئِكُمُ ٱلۡأَوَّلِينَ
Allah, Nyagasani wanyu akaba na Nyagasani w’abakurambere banyu?”
Arabic Tafsirs:
 
Translation of the Meanings Surah: As-Sāffāt
Index of Surahs Page Number
 
Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association - Index of Translations

Issued by Rwanda Muslim Association

Close