Check out the new design

Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association * - Index of Translations

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Translation of the Meanings Surah: As-Sāffāt   Verse:
مَا لَكُمۡ لَا تَنَاصَرُونَ
(Bazabazwa bati) “Byagenze bite ko mudatabarana (nk’uko mwabigenzaga ku isi)?”
Arabic Tafsirs:
بَلۡ هُمُ ٱلۡيَوۡمَ مُسۡتَسۡلِمُونَ
Ahubwo kuri uwo munsi bazaba baciye bugufi (basuzuguritse).
Arabic Tafsirs:
وَأَقۡبَلَ بَعۡضُهُمۡ عَلَىٰ بَعۡضٖ يَتَسَآءَلُونَ
Nuko bamwe bahindukire berekere ku bandi babazanya
Arabic Tafsirs:
قَالُوٓاْ إِنَّكُمۡ كُنتُمۡ تَأۡتُونَنَا عَنِ ٱلۡيَمِينِ
Bavuga bati “Mu by’ukuri ni mwe mwatugeragaho mwitwaje idini kandi mugamije kutuyobya.”
Arabic Tafsirs:
قَالُواْ بَل لَّمۡ تَكُونُواْ مُؤۡمِنِينَ
Abandi babasubize bati “Ahubwo ntabwo mwari abemeramana”,
Arabic Tafsirs:
وَمَا كَانَ لَنَا عَلَيۡكُم مِّن سُلۡطَٰنِۭۖ بَلۡ كُنتُمۡ قَوۡمٗا طَٰغِينَ
“Kandi nta bubasha twari tubafiteho; ahubwo mwari abantu barengera (imbibi za Allah).”
Arabic Tafsirs:
فَحَقَّ عَلَيۡنَا قَوۡلُ رَبِّنَآۖ إِنَّا لَذَآئِقُونَ
“None imvugo ya Nyagasani wacu idusohoreyeho ko tugomba kumva ububabare bw’ibihano.”
Arabic Tafsirs:
فَأَغۡوَيۡنَٰكُمۡ إِنَّا كُنَّا غَٰوِينَ
“Twarabayobeje kuko mu by’ukuri natwe twari twarayobye.”
Arabic Tafsirs:
فَإِنَّهُمۡ يَوۡمَئِذٖ فِي ٱلۡعَذَابِ مُشۡتَرِكُونَ
Kuri uwo munsi bose bazaba bafatanyije ibihano.
Arabic Tafsirs:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَفۡعَلُ بِٱلۡمُجۡرِمِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugenza inkozi z’ibibi,
Arabic Tafsirs:
إِنَّهُمۡ كَانُوٓاْ إِذَا قِيلَ لَهُمۡ لَآ إِلَٰهَ إِلَّا ٱللَّهُ يَسۡتَكۡبِرُونَ
Kuko iyo babwirwaga ko nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri uretse Allah, baribonaga.
Arabic Tafsirs:
وَيَقُولُونَ أَئِنَّا لَتَارِكُوٓاْ ءَالِهَتِنَا لِشَاعِرٖ مَّجۡنُونِۭ
Bakanavuga bati “Ese koko tureke imana zacu kubera umusizi w’umusazi?”
Arabic Tafsirs:
بَلۡ جَآءَ بِٱلۡحَقِّ وَصَدَّقَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Ahubwo (Intumwa Muhamadi) yazanye ukuri inahamya iby’Intumwa zayibanjirije.
Arabic Tafsirs:
إِنَّكُمۡ لَذَآئِقُواْ ٱلۡعَذَابِ ٱلۡأَلِيمِ
Mu by’ukuri mwe (ababangikanyamana) mugiye kumva ibihano bibabaza.
Arabic Tafsirs:
وَمَا تُجۡزَوۡنَ إِلَّا مَا كُنتُمۡ تَعۡمَلُونَ
Kandi nta kindi muri buhemberwe kitari ibyo mwakoze.
Arabic Tafsirs:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera.
Arabic Tafsirs:
أُوْلَٰٓئِكَ لَهُمۡ رِزۡقٞ مَّعۡلُومٞ
Abo bazahabwa amafunguro azwi (mu ijuru):
Arabic Tafsirs:
فَوَٰكِهُ وَهُم مُّكۡرَمُونَ
Imbuto; kandi bazaba bubashywe,
Arabic Tafsirs:
فِي جَنَّٰتِ ٱلنَّعِيمِ
Mu busitani bwuje inema (Ijuru).
Arabic Tafsirs:
عَلَىٰ سُرُرٖ مُّتَقَٰبِلِينَ
Bari ku bitanda berekeranye,
Arabic Tafsirs:
يُطَافُ عَلَيۡهِم بِكَأۡسٖ مِّن مَّعِينِۭ
Bazengurutswamo ibirahuri by’inzoga (zidasindisha) zavomwe mu migezi itemba,
Arabic Tafsirs:
بَيۡضَآءَ لَذَّةٖ لِّلشَّٰرِبِينَ
Zererana, ziryoheye abazinywa.
Arabic Tafsirs:
لَا فِيهَا غَوۡلٞ وَلَا هُمۡ عَنۡهَا يُنزَفُونَ
Nta ngaruka zizabagiraho ndetse nta n’ubwo zizatuma bata ubwenge
Arabic Tafsirs:
وَعِندَهُمۡ قَٰصِرَٰتُ ٱلطَّرۡفِ عِينٞ
Kandi bazaba bafite (abagore) barinda indoro zabo, b’amaso meza manini
Arabic Tafsirs:
كَأَنَّهُنَّ بَيۡضٞ مَّكۡنُونٞ
Bameze nk’amagi yarinzwe neza.
Arabic Tafsirs:
فَأَقۡبَلَ بَعۡضُهُمۡ عَلَىٰ بَعۡضٖ يَتَسَآءَلُونَ
Maze bamwe bahindukire barebe abandi babazanye.
Arabic Tafsirs:
قَالَ قَآئِلٞ مِّنۡهُمۡ إِنِّي كَانَ لِي قَرِينٞ
Umwe muri bo azavuga ati “Mu by’ukuri nari mfite inshuti magara (ku isi)”,
Arabic Tafsirs:
 
Translation of the Meanings Surah: As-Sāffāt
Index of Surahs Page Number
 
Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association - Index of Translations

Issued by Rwanda Muslim Association

Close