Check out the new design

വിശുദ്ധ ഖുർആൻ പരിഭാഷ - കിനിയാർവാണ്ട വിവർത്തനം - റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ * - വിവർത്തനങ്ങളുടെ സൂചിക

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

പരിഭാഷ അദ്ധ്യായം: റഹ്മാൻ   ആയത്ത്:

Arrahman

ٱلرَّحۡمَٰنُ
Nyirimpuhwe (Allah),
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
عَلَّمَ ٱلۡقُرۡءَانَ
Yigishije (umuntu) Qur’an,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
خَلَقَ ٱلۡإِنسَٰنَ
Yaremye umuntu,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
عَلَّمَهُ ٱلۡبَيَانَ
Amwigisha gusobanura (mu buryo bwumvikana).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
ٱلشَّمۡسُ وَٱلۡقَمَرُ بِحُسۡبَانٖ
Izuba n’ukwezi bigendera ku mubare (no kuri gahunda ya Allah).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱلنَّجۡمُ وَٱلشَّجَرُ يَسۡجُدَانِ
N’ibyatsi birandaranda ndetse n’ibiti, byose birubama (bikicisha bugufi imbere ya Allah).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱلسَّمَآءَ رَفَعَهَا وَوَضَعَ ٱلۡمِيزَانَ
N’ikirere yagihanitse hejuru cyane (y’isi) ndetse ashyiraho n’ibipimo (bya buri kintu)
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
أَلَّا تَطۡغَوۡاْ فِي ٱلۡمِيزَانِ
Kugira ngo mutarengera mu bipimo (byagenwe).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَأَقِيمُواْ ٱلۡوَزۡنَ بِٱلۡقِسۡطِ وَلَا تُخۡسِرُواْ ٱلۡمِيزَانَ
Bityo, mujye mutanga ibipimo byuzuye kandi ntimukibishe iminzani.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱلۡأَرۡضَ وَضَعَهَا لِلۡأَنَامِ
N’isi (Allah) yayishyiriyeho ibiremwa.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فِيهَا فَٰكِهَةٞ وَٱلنَّخۡلُ ذَاتُ ٱلۡأَكۡمَامِ
Irimo imbuto n’imitende ifite imbuto zitwikiriwe n’ibishishwa,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱلۡحَبُّ ذُو ٱلۡعَصۡفِ وَٱلرَّيۡحَانُ
Ndetse n’impeke ziri mu bishishwa (byazo); iz’inyamisogwe n’izihumura.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
خَلَقَ ٱلۡإِنسَٰنَ مِن صَلۡصَٰلٖ كَٱلۡفَخَّارِ
(Allah) yaremye umuntu (Adamu) mu itaka ryumye ukomangaho rikirangira nk’ibikoresho bibumbye mu ibumba,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَخَلَقَ ٱلۡجَآنَّ مِن مَّارِجٖ مِّن نَّارٖ
Anarema amajini mu birimi by’umuriro.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
رَبُّ ٱلۡمَشۡرِقَيۡنِ وَرَبُّ ٱلۡمَغۡرِبَيۡنِ
(Ni We) Nyagasani w’Uburasirazuba bubiri akaba na Nyagasani w’Uburengerazuba bubiri.[1]
[1] Uburasirazuba bubiri buvugwa muri uyu murongo wa Qur’an, ni ahantu izuba rirasira mu itumba n’aho rirasira mu Mpeshyi. Naho Uburengerazuba bubiri ni ahantu izuba rirengera mu itumba ndetse n’aho rirengera mu mpeshyi.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
مَرَجَ ٱلۡبَحۡرَيۡنِ يَلۡتَقِيَانِ
Yaretse inyanja ebyiri (ifite amazi y’urubogobogo n’indi y’urwunyunyu) zirahura;
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
بَيۡنَهُمَا بَرۡزَخٞ لَّا يَبۡغِيَانِ
Hagati yazo hari urubibi zitarenga (ruzitandukanya kugira ngo zitivanga).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
يَخۡرُجُ مِنۡهُمَا ٱللُّؤۡلُؤُ وَٱلۡمَرۡجَانُ
Muri zo havamo amasaro arabagirana (Lu-ulu-u) na Marijani.[1]
[1] Mar’jaani: Ni bumwe mu bwoko bw’amabuye y’agaciro aboneka mu mazi.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَلَهُ ٱلۡجَوَارِ ٱلۡمُنشَـَٔاتُ فِي ٱلۡبَحۡرِ كَٱلۡأَعۡلَٰمِ
Kandi (Allah ni We) ufite ububasha ku mato manini agendera mu nyanja, ameze nk’imisozi.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
كُلُّ مَنۡ عَلَيۡهَا فَانٖ
Buri ikiyiriho (isi) cyose kizapfa,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَيَبۡقَىٰ وَجۡهُ رَبِّكَ ذُو ٱلۡجَلَٰلِ وَٱلۡإِكۡرَامِ
Maze hasigare gusa uburanga butagatifu bwa Nyagasani wawe, Nyirikuzo n’icyubahiro.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
يَسۡـَٔلُهُۥ مَن فِي ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِۚ كُلَّ يَوۡمٍ هُوَ فِي شَأۡنٖ
Buri cyaremwe cyose kiri mu birere no ku isi kiramusaba (ibyo cyifuza). Naho We buri munsi aba agena gahunda (z’ibiremwa).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
سَنَفۡرُغُ لَكُمۡ أَيُّهَ ٱلثَّقَلَانِ
Yemwe matsinda abiri (y’abantu n’amajini), tuzabacira imanza (ku munsi w’imperuka).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
يَٰمَعۡشَرَ ٱلۡجِنِّ وَٱلۡإِنسِ إِنِ ٱسۡتَطَعۡتُمۡ أَن تَنفُذُواْ مِنۡ أَقۡطَارِ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِ فَٱنفُذُواْۚ لَا تَنفُذُونَ إِلَّا بِسُلۡطَٰنٖ
Yemwe majini namwe bantu! Niba mufite ubushobozi bwo kugenda mukarenga imbago z’ibirere n’isi (muhunga ibihano bya Allah), muzagende. Ariko ntimushobora kuzirenga keretse ku bw’ububasha (bwa Allah).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
يُرۡسَلُ عَلَيۡكُمَا شُوَاظٞ مِّن نَّارٖ وَنُحَاسٞ فَلَا تَنتَصِرَانِ
Muzohererezwa ikibatsi cy’umuriro n’umuringa (washongeshejwe), kandi ntimuzitabara.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَإِذَا ٱنشَقَّتِ ٱلسَّمَآءُ فَكَانَتۡ وَرۡدَةٗ كَٱلدِّهَانِ
(Mwibuke) ubwo ikirere kizasatagurika, maze kigahinduka nk’ururabo rutukura rumeze nk’amavuta yabize.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَيَوۡمَئِذٖ لَّا يُسۡـَٔلُ عَن ذَنۢبِهِۦٓ إِنسٞ وَلَا جَآنّٞ
Kuri uwo munsi, nta muntu cyangwa ijini uzagira icyo abazwa ku bijyanye n’ibyaha bye (kuko bizaba bizwi neza)
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
يُعۡرَفُ ٱلۡمُجۡرِمُونَ بِسِيمَٰهُمۡ فَيُؤۡخَذُ بِٱلنَّوَٰصِي وَٱلۡأَقۡدَامِ
Inkozi z’ibibi zizamenyerwa ku bimenyetso byazo, kandi zizaterurwa zifatiwe mu bihorihori n’ibirenge byazo.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
هَٰذِهِۦ جَهَنَّمُ ٱلَّتِي يُكَذِّبُ بِهَا ٱلۡمُجۡرِمُونَ
Uyu ni umuriro wa Jahanamu inkozi z’ibibi zajyaga zihinyura!
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
يَطُوفُونَ بَيۡنَهَا وَبَيۡنَ حَمِيمٍ ءَانٖ
Bazaba bagenda bagaruka hagati yawo n’amazi yatuye, ashyushye cyane.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَلِمَنۡ خَافَ مَقَامَ رَبِّهِۦ جَنَّتَانِ
Ariko wa wundi utinya kuzahagarara imbere ya Nyagasani we, azaba afite ubusitani bubiri (mu Ijuru).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
ذَوَاتَآ أَفۡنَانٖ
(Ubwo busitani buzaba burimo ibiti) bifite amashami acucitse kandi atoshye.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فِيهِمَا عَيۡنَانِ تَجۡرِيَانِ
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo amasoko abiri atemba.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فِيهِمَا مِن كُلِّ فَٰكِهَةٖ زَوۡجَانِ
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo ubwoko bubiri bwa buri rubuto.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
مُتَّكِـِٔينَ عَلَىٰ فُرُشِۭ بَطَآئِنُهَا مِنۡ إِسۡتَبۡرَقٖۚ وَجَنَى ٱلۡجَنَّتَيۡنِ دَانٖ
Bazaba begamye ku bitanda bishasheho ihariri iremereye, kandi imbuto zo muri ubwo busitani zizaba zibari hafi.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فِيهِنَّ قَٰصِرَٰتُ ٱلطَّرۡفِ لَمۡ يَطۡمِثۡهُنَّ إِنسٞ قَبۡلَهُمۡ وَلَا جَآنّٞ
(Ubwo busitani bwombi) buzaba burimo abagore bubika amaso yabo (kubera ikinyabupfura), batigeze bagira umuntu cyangwa ijini babakoraho kuva na mbere (bakiri amasugi).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
كَأَنَّهُنَّ ٱلۡيَاقُوتُ وَٱلۡمَرۡجَانُ
(Bazaba bafite ubwiza) nk’ubw’amabuye y’agaciro ya Yaquut na[1] Marjani.
[1] Yaaquut: Ni bumwe mu bwoko bw’amabuye y’agaciro rifite ibara ritukura ryererutse.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
هَلۡ جَزَآءُ ٱلۡإِحۡسَٰنِ إِلَّا ٱلۡإِحۡسَٰنُ
Ese hari igihembo cy’ibyiza kitari ibyiza?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَمِن دُونِهِمَا جَنَّتَانِ
Kandi uretse n’ubwo (busitani) bubiri, hari ubundi busitani bubiri.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
مُدۡهَآمَّتَانِ
(Bufite) ibara ry’icyatsi cyijimye.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فِيهِمَا عَيۡنَانِ نَضَّاخَتَانِ
Muri ubwo (busitani) bwombi, (naho) hazaba harimo amasoko abiri avubura amazi.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فِيهِمَا فَٰكِهَةٞ وَنَخۡلٞ وَرُمَّانٞ
Muri ubwo (busitani) bwombi, hazaba harimo imbuto, imitende n’imikomamanga.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فِيهِنَّ خَيۡرَٰتٌ حِسَانٞ
Hazaba harimo abagore beza b’imico myiza.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
حُورٞ مَّقۡصُورَٰتٞ فِي ٱلۡخِيَامِ
Hazaba harimo abagore biyubashye bahora mu mahema.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
لَمۡ يَطۡمِثۡهُنَّ إِنسٞ قَبۡلَهُمۡ وَلَا جَآنّٞ
Mbere y’abo (bagabo bazaba bahawe), nta muntu cyangwa ijini wigeze ubakoraho,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
مُتَّكِـِٔينَ عَلَىٰ رَفۡرَفٍ خُضۡرٖ وَعَبۡقَرِيٍّ حِسَانٖ
(Abagabo babo) bazajya begama ku misego y’icyatsi, n’amagodora meza anepa atatse neza.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
تَبَٰرَكَ ٱسۡمُ رَبِّكَ ذِي ٱلۡجَلَٰلِ وَٱلۡإِكۡرَامِ
Izina rya Nyagasani wawe, Nyirubuhambare n’icyubahiro, ryuje ubutungane n’imigisha.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
 
പരിഭാഷ അദ്ധ്യായം: റഹ്മാൻ
സൂറത്തുകളുടെ സൂചിക പേജ് നമ്പർ
 
വിശുദ്ധ ഖുർആൻ പരിഭാഷ - കിനിയാർവാണ്ട വിവർത്തനം - റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ - വിവർത്തനങ്ങളുടെ സൂചിക

റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ പുറത്തിറക്കിയത്.

അവസാനിപ്പിക്കുക