Check out the new design

വിശുദ്ധ ഖുർആൻ പരിഭാഷ - കിനിയാർവാണ്ട വിവർത്തനം - റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ * - വിവർത്തനങ്ങളുടെ സൂചിക

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

പരിഭാഷ അദ്ധ്യായം: റഹ്മാൻ   ആയത്ത്:

Arrahman

ٱلرَّحۡمَٰنُ
Nyirimpuhwe (Allah),
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
عَلَّمَ ٱلۡقُرۡءَانَ
Yigishije (umuntu) Qur’an,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
خَلَقَ ٱلۡإِنسَٰنَ
Yaremye umuntu,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
عَلَّمَهُ ٱلۡبَيَانَ
Amwigisha gusobanura (mu buryo bwumvikana).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
ٱلشَّمۡسُ وَٱلۡقَمَرُ بِحُسۡبَانٖ
Izuba n’ukwezi bigendera ku mubare (no kuri gahunda ya Allah).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱلنَّجۡمُ وَٱلشَّجَرُ يَسۡجُدَانِ
N’ibyatsi birandaranda ndetse n’ibiti, byose birubama (bikicisha bugufi imbere ya Allah).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱلسَّمَآءَ رَفَعَهَا وَوَضَعَ ٱلۡمِيزَانَ
N’ikirere yagihanitse hejuru cyane (y’isi) ndetse ashyiraho n’ibipimo (bya buri kintu)
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
أَلَّا تَطۡغَوۡاْ فِي ٱلۡمِيزَانِ
Kugira ngo mutarengera mu bipimo (byagenwe).
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَأَقِيمُواْ ٱلۡوَزۡنَ بِٱلۡقِسۡطِ وَلَا تُخۡسِرُواْ ٱلۡمِيزَانَ
Bityo, mujye mutanga ibipimo byuzuye kandi ntimukibishe iminzani.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱلۡأَرۡضَ وَضَعَهَا لِلۡأَنَامِ
N’isi (Allah) yayishyiriyeho ibiremwa.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فِيهَا فَٰكِهَةٞ وَٱلنَّخۡلُ ذَاتُ ٱلۡأَكۡمَامِ
Irimo imbuto n’imitende ifite imbuto zitwikiriwe n’ibishishwa,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱلۡحَبُّ ذُو ٱلۡعَصۡفِ وَٱلرَّيۡحَانُ
Ndetse n’impeke ziri mu bishishwa (byazo); iz’inyamisogwe n’izihumura.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
خَلَقَ ٱلۡإِنسَٰنَ مِن صَلۡصَٰلٖ كَٱلۡفَخَّارِ
(Allah) yaremye umuntu (Adamu) mu itaka ryumye ukomangaho rikirangira nk’ibikoresho bibumbye mu ibumba,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَخَلَقَ ٱلۡجَآنَّ مِن مَّارِجٖ مِّن نَّارٖ
Anarema amajini mu birimi by’umuriro.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
رَبُّ ٱلۡمَشۡرِقَيۡنِ وَرَبُّ ٱلۡمَغۡرِبَيۡنِ
(Ni We) Nyagasani w’Uburasirazuba bubiri akaba na Nyagasani w’Uburengerazuba bubiri.[1]
[1] Uburasirazuba bubiri buvugwa muri uyu murongo wa Qur’an, ni ahantu izuba rirasira mu itumba n’aho rirasira mu Mpeshyi. Naho Uburengerazuba bubiri ni ahantu izuba rirengera mu itumba ndetse n’aho rirengera mu mpeshyi.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَبِأَيِّ ءَالَآءِ رَبِّكُمَا تُكَذِّبَانِ
None se (yemwe bantu namwe majini) ni iyihe mu ngabire za Nyagasani wanyu mwembi muhakana?
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
 
പരിഭാഷ അദ്ധ്യായം: റഹ്മാൻ
സൂറത്തുകളുടെ സൂചിക പേജ് നമ്പർ
 
വിശുദ്ധ ഖുർആൻ പരിഭാഷ - കിനിയാർവാണ്ട വിവർത്തനം - റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ - വിവർത്തനങ്ങളുടെ സൂചിക

റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ പുറത്തിറക്കിയത്.

അവസാനിപ്പിക്കുക