Check out the new design

വിശുദ്ധ ഖുർആൻ പരിഭാഷ - കിനിയാർവാണ്ട വിവർത്തനം - റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ * - വിവർത്തനങ്ങളുടെ സൂചിക

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

പരിഭാഷ അദ്ധ്യായം: ത്വാഹാ   ആയത്ത്:
وَأَنَا ٱخۡتَرۡتُكَ فَٱسۡتَمِعۡ لِمَا يُوحَىٰٓ
“Kandi nagutoranyije (ngo ube Intumwa). Bityo, tega amatwi ibyo uhishurirwa”,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
إِنَّنِيٓ أَنَا ٱللَّهُ لَآ إِلَٰهَ إِلَّآ أَنَا۠ فَٱعۡبُدۡنِي وَأَقِمِ ٱلصَّلَوٰةَ لِذِكۡرِيٓ
Mu by’ukuri ndi Allah! Nta yindi mana iriho ikwiye gusengwa itari Njye. Bityo, jya ungaragira kandi unahozeho iswala kugira ngo unyibuke.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
إِنَّ ٱلسَّاعَةَ ءَاتِيَةٌ أَكَادُ أُخۡفِيهَا لِتُجۡزَىٰ كُلُّ نَفۡسِۭ بِمَا تَسۡعَىٰ
Mu by’ukuri imperuka izaba. Nayihishe (ibiremwa byose) kugira ngo buri muntu azahemberwe umuhate we.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَلَا يَصُدَّنَّكَ عَنۡهَا مَن لَّا يُؤۡمِنُ بِهَا وَٱتَّبَعَ هَوَىٰهُ فَتَرۡدَىٰ
Bityo, uramenye umuntu utayemera (imperuka) agakurikira ibyo umutima we ukunda, ntazakubuze kuyemera bitazakuviramo kurimbuka.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَمَا تِلۡكَ بِيَمِينِكَ يَٰمُوسَىٰ
(Allah aramubaza ati) “Ese icyo ni iki kiri mu kuboko kwawe kw’iburyo, yewe Musa?”
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
قَالَ هِيَ عَصَايَ أَتَوَكَّؤُاْ عَلَيۡهَا وَأَهُشُّ بِهَا عَلَىٰ غَنَمِي وَلِيَ فِيهَا مَـَٔارِبُ أُخۡرَىٰ
(Musa) aravuga ati “Ni inkoni yanjye nishingikiriza, nkanayimanuza amababi y’ibiti ngaburira intama zanjye, kandi mfite n’ibindi nyikoresha.”
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
قَالَ أَلۡقِهَا يَٰمُوسَىٰ
(Allah) aravuga ati “Yinage hasi, yewe Musa!”
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
فَأَلۡقَىٰهَا فَإِذَا هِيَ حَيَّةٞ تَسۡعَىٰ
Nuko ayinaga hasi, ihita ihinduka inzoka ikururuka.
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
قَالَ خُذۡهَا وَلَا تَخَفۡۖ سَنُعِيدُهَا سِيرَتَهَا ٱلۡأُولَىٰ
(Allah) aravuga ati “Yifate kandi ntutinye! Turongera tuyigire (inkoni) nk’uko yari imeze”,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱضۡمُمۡ يَدَكَ إِلَىٰ جَنَاحِكَ تَخۡرُجۡ بَيۡضَآءَ مِنۡ غَيۡرِ سُوٓءٍ ءَايَةً أُخۡرَىٰ
“Unashyire ukuboko kwawe mu kwaha, kuravamo kurabagirana bidatewe n’uburwayi; icyo kiraba ari ikindi gitangaza”,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
لِنُرِيَكَ مِنۡ ءَايَٰتِنَا ٱلۡكُبۡرَى
“(Ibyo) ni ukugira ngo tukwereke bimwe mu bitangaza byacu bihambaye”,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
ٱذۡهَبۡ إِلَىٰ فِرۡعَوۡنَ إِنَّهُۥ طَغَىٰ
(Allah aramubwira ati) “Jya kwa Farawo (umuhamagarire kwemera Allah). Mu by’ukuri akabije kwigomeka.”
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
قَالَ رَبِّ ٱشۡرَحۡ لِي صَدۡرِي
(Musa) aravuga ati “Nyagasani wanjye! Agura igituza cyanjye (kugira ngo mbashe gusohoza ubutumwa bwawe)”,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَيَسِّرۡ لِيٓ أَمۡرِي
Kandi unyorohereze inshingano zanjye (umpaye),
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱحۡلُلۡ عُقۡدَةٗ مِّن لِّسَانِي
Unagobotore ururimi rwanjye,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
يَفۡقَهُواْ قَوۡلِي
Kugira ngo babashe gusobanukirwa amagambo yanjye,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَٱجۡعَل لِّي وَزِيرٗا مِّنۡ أَهۡلِي
Kandi umpe umwunganizi ukomoka mu muryango wanjye,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
هَٰرُونَ أَخِي
(Ari we) Haruna (Aroni), umuvandimwe wanjye,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
ٱشۡدُدۡ بِهِۦٓ أَزۡرِي
Munshyigikize mu kunyongerera imbaraga,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَأَشۡرِكۡهُ فِيٓ أَمۡرِي
Kandi umuhe gufatanya nanjye mu nshingano zanjye (zo gusohoza ubutumwa bwawe),
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
كَيۡ نُسَبِّحَكَ كَثِيرٗا
Kugira ngo tubashe kugusingiza cyane,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَنَذۡكُرَكَ كَثِيرًا
Tunakwambaze cyane,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
إِنَّكَ كُنتَ بِنَا بَصِيرٗا
Mu by’ukuri wowe utubona bihebuje.”
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
قَالَ قَدۡ أُوتِيتَ سُؤۡلَكَ يَٰمُوسَىٰ
(Allah) aravuga ati “Rwose ubusabe bwawe bwakiriwe, yewe Musa!”
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
وَلَقَدۡ مَنَنَّا عَلَيۡكَ مَرَّةً أُخۡرَىٰٓ
Kandi rwose, twari twaranaguhundagajeho ingabire zacu indi nshuro,
അറബി തഫ്സീറുകൾ:
 
പരിഭാഷ അദ്ധ്യായം: ത്വാഹാ
സൂറത്തുകളുടെ സൂചിക പേജ് നമ്പർ
 
വിശുദ്ധ ഖുർആൻ പരിഭാഷ - കിനിയാർവാണ്ട വിവർത്തനം - റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ - വിവർത്തനങ്ങളുടെ സൂചിക

റുവാണ്ട മുസ്ലിം അസോസിയേഷൻ പുറത്തിറക്കിയത്.

അവസാനിപ്പിക്കുക