Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore takwiir (darnga)   Aaya.:

Attak’wiir

إِذَا ٱلشَّمۡسُ كُوِّرَتۡ
Igihe izuba rizazingwazingwa (urumuri rwaryo rukazimira),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلنُّجُومُ ٱنكَدَرَتۡ
N’igihe inyenyeri zizijima,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلۡجِبَالُ سُيِّرَتۡ
N’igihe imisozi izakurwa mu myanya yayo,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلۡعِشَارُ عُطِّلَتۡ
N’igihe ingamiya zihaka zizarekwa (ntizitabweho),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلۡوُحُوشُ حُشِرَتۡ
N’igihe inyamaswa z’inkanzi zizakoranyirizwa hamwe,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلۡبِحَارُ سُجِّرَتۡ
N’igihe inyanja zizaka umuriro,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلنُّفُوسُ زُوِّجَتۡ
N’igihe roho zizasubizwa mu mibiri yazo (abeza bakajya ukwabo n’ababi bakajya ukwabo).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلۡمَوۡءُۥدَةُ سُئِلَتۡ
N’igihe umwana w’umukobwa wahambwe ari muzima azabazwa,[1]
[1] Mbere y’uko Intumwa y’Imana Muhamadi (Imana imuhe amahoro n’imigisha) ihabwa ubutumwa, Abarabu b’icyo gihe iyo babyaraga umwana w’umukobwa, bamuhambaga ari muzima kuko byabaga ari igisebo ku muryango ngo kuko babonaga nta cyo amaze! Ariko nyuma y’aho Intumwa y’Imana iziye, ibyo byaraciwe. Kuba ari we uzabazwa ni ibigaragaza uburemere bw’icyaha cy’uwamwishe uzaba agiye guhura n’urubanza rukomeye ku munsi w’ibarura.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بِأَيِّ ذَنۢبٖ قُتِلَتۡ
Icyaha yakoze cyatumye yicwa,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلصُّحُفُ نُشِرَتۡ
N’igihe ibitabo (bikubiyemo ibikorwa byiza n’ibibi bya buri muntu) bizaramburwa (bigakwirakwizwa),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلسَّمَآءُ كُشِطَتۡ
N’igihe ikirere kizakurwaho igishishwa cyacyo (inyenyeri zavuyeho),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلۡجَحِيمُ سُعِّرَتۡ
N’igihe umuriro wa Jahanamu uzenyegezwa,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ٱلۡجَنَّةُ أُزۡلِفَتۡ
N’igihe Ijuru rizigizwa hafi,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
عَلِمَتۡ نَفۡسٞ مَّآ أَحۡضَرَتۡ
Icyo gihe buri muntu azamenya ibyo yakoze.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَلَآ أُقۡسِمُ بِٱلۡخُنَّسِ
Bityo, ndahiye inyenyeri zitagaragara ku manywa zikongera kugaragara nijoro,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ٱلۡجَوَارِ ٱلۡكُنَّسِ
Zigenda zihuta kandi zikanihisha,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلَّيۡلِ إِذَا عَسۡعَسَ
Nanarahiye ijoro igihe riguye,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلصُّبۡحِ إِذَا تَنَفَّسَ
N’igitondo igihe gitangaje,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُۥ لَقَوۡلُ رَسُولٖ كَرِيمٖ
Mu by’ukuri (Qur’an) ni ijambo ryazanywe n’Intumwa yubahitse [(Malayika Jibrilu), (riturutse kwa Allah)],
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ذِي قُوَّةٍ عِندَ ذِي ٱلۡعَرۡشِ مَكِينٖ
(Iyo ntumwa) ifite imbaraga (n’urwego rwo hejuru) yahawe na nyiri Ar’shi[1] y’icyubahiro (Allah).
[1] Reba uko twasobanuye iri jambo muri Surat ul A’araf, aya ya 54.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مُّطَاعٖ ثَمَّ أَمِينٖ
Yumvirwa (n’abamalayika mu ijuru) kandi ikaba yizewe (kwa Allah).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا صَاحِبُكُم بِمَجۡنُونٖ
Kandi (yemwe bahakanyi) mugenzi wanyu (Intumwa Muhamadi ibakomokamo) si umusazi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَقَدۡ رَءَاهُ بِٱلۡأُفُقِ ٱلۡمُبِينِ
Kandi rwose yamubonye (Malayika Jibrilu) ari mu kirere gikeye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا هُوَ عَلَى ٱلۡغَيۡبِ بِضَنِينٖ
Kandi (Intumwa Muhamadi) ntigundira ibyo yahishuriwe (ngo ireke kubyigisha abantu).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا هُوَ بِقَوۡلِ شَيۡطَٰنٖ رَّجِيمٖ
Kandi (Qur’an) si ijambo rya Shitani wavumwe.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَيۡنَ تَذۡهَبُونَ
None se muragana he?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنۡ هُوَ إِلَّا ذِكۡرٞ لِّلۡعَٰلَمِينَ
Mu by’ukuri iyi (Qur’an) nta kindi iri cyo usibye kuba ari urwibutso ku biremwa (byose).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لِمَن شَآءَ مِنكُمۡ أَن يَسۡتَقِيمَ
Kuri wa wundi muri mwe ushaka gukurikira inzira igororotse.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا تَشَآءُونَ إِلَّآ أَن يَشَآءَ ٱللَّهُ رَبُّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Kandi nta cyo mwashaka (ngo kibe) keretse Allah, Nyagasani w’ibiremwa (byose) aramutse agishatse.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore takwiir (darnga)
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu