Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore kabaaru (darnga)   Aaya.:

Anabau

عَمَّ يَتَسَآءَلُونَ
Ni iki (abahakanyi b’abakurayishi) babazanyaho?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
عَنِ ٱلنَّبَإِ ٱلۡعَظِيمِ
Ku nkuru ihambaye (Qur’an n’umunsi w’imperuka),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ٱلَّذِي هُمۡ فِيهِ مُخۡتَلِفُونَ
(Iyo nkuru) batavugaho rumwe (hagati y’abayemera n’abayihakana).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّا سَيَعۡلَمُونَ
Oya! Rwose bidatinze bazamenya!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ كَلَّا سَيَعۡلَمُونَ
Oya nanone! Bidatinze bazamenya!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَلَمۡ نَجۡعَلِ ٱلۡأَرۡضَ مِهَٰدٗا
Ese isi ntitwayigize nk’isaso?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلۡجِبَالَ أَوۡتَادٗا
N’imisozi tukayigira nk’imambo?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَخَلَقۡنَٰكُمۡ أَزۡوَٰجٗا
Tukanabarema muri ibitsina byombi (gabo na gore)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَعَلۡنَا نَوۡمَكُمۡ سُبَاتٗا
Kandi ibitotsi byanyu twabigize uburyo bw’ikiruhuko.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَعَلۡنَا ٱلَّيۡلَ لِبَاسٗا
N’ijoro turigira nk’umwambaro (binyuze mu mwijima waryo).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَعَلۡنَا ٱلنَّهَارَ مَعَاشٗا
N’amanywa tuyagira ayo gushakiramo imibereho.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَبَنَيۡنَا فَوۡقَكُمۡ سَبۡعٗا شِدَادٗا
Tunubaka hejuru yanyu (ibirere) birindwi bikomeye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَعَلۡنَا سِرَاجٗا وَهَّاجٗا
Ndetse (n’izuba) turigira itara rimurika cyane.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأَنزَلۡنَا مِنَ ٱلۡمُعۡصِرَٰتِ مَآءٗ ثَجَّاجٗا
Tunamanura mu bicu amazi menshi yisuka,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لِّنُخۡرِجَ بِهِۦ حَبّٗا وَنَبَاتٗا
Kugira ngo tuyamereshe impeke n’ibimera,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَنَّٰتٍ أَلۡفَافًا
N’imirima y’ibiti by’inzitane.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ يَوۡمَ ٱلۡفَصۡلِ كَانَ مِيقَٰتٗا
Mu by’ukuri umunsi w’urubanza ufite igihe ntarengwa,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَوۡمَ يُنفَخُ فِي ٱلصُّورِ فَتَأۡتُونَ أَفۡوَاجٗا
Umunsi impanda izavuzwa, maze mukaza muri amatsinda.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَفُتِحَتِ ٱلسَّمَآءُ فَكَانَتۡ أَبۡوَٰبٗا
N’ikirere kizakingurwa maze gihinduke nk’amarembo,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَسُيِّرَتِ ٱلۡجِبَالُ فَكَانَتۡ سَرَابًا
N’imisozi izakurwa mu myanya yayo, imere nk’ibirorirori.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ جَهَنَّمَ كَانَتۡ مِرۡصَادٗا
Mu by’ukuri umuriro wa Jahanamu urarekereje,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لِّلطَّٰغِينَ مَـَٔابٗا
Ni wo garukiro ry’ibyigomeke,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَّٰبِثِينَ فِيهَآ أَحۡقَابٗا
Bizawubamo imyaka n’imyaniko.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَّا يَذُوقُونَ فِيهَا بَرۡدٗا وَلَا شَرَابًا
(Ibyo byigomeke) ntibizawumvamo amafu cyangwa ikinyobwa,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا حَمِيمٗا وَغَسَّاقٗا
Uretse amazi yatuye n’amashyira,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
جَزَآءٗ وِفَاقًا
(Ibyo bikazaba) ari igihembo gikwiye (ibikorwa bibi bakoraga).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُمۡ كَانُواْ لَا يَرۡجُونَ حِسَابٗا
Kuko mu by’ukuri batajyaga bizera ibarura,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَكَذَّبُواْ بِـَٔايَٰتِنَا كِذَّابٗا
Ndetse banahinyuraga amagambo yacu cyane.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَكُلَّ شَيۡءٍ أَحۡصَيۡنَٰهُ كِتَٰبٗا
Kandi byose twarabibaruye mu nyandiko.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَذُوقُواْ فَلَن نَّزِيدَكُمۡ إِلَّا عَذَابًا
Ngaho nimusogongere (ingaruka z’ibikorwa byanyu bibi), kandi nta kindi tubongerera usibye ibihano.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ لِلۡمُتَّقِينَ مَفَازًا
Mu by’ukuri abagandukira Allah bazabona intsinzi (Ijuru);
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
حَدَآئِقَ وَأَعۡنَٰبٗا
Ubusitani n’imizabibu,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَكَوَاعِبَ أَتۡرَابٗا
N’inkumi z’urungano (Huur-ul Ayn),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَكَأۡسٗا دِهَاقٗا
Ndetse n’ibirahuri byuzuye (ibinyobwa bidasindisha).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَّا يَسۡمَعُونَ فِيهَا لَغۡوٗا وَلَا كِذَّٰبٗا
Nta magambo adafite umumaro cyangwa ikinyoma bazumviramo.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
جَزَآءٗ مِّن رَّبِّكَ عَطَآءً حِسَابٗا
(Ibyo bizaba) ari ibihembo biturutse kwa Nyagasani wawe; impano ijyanye (n’ibikorwa byabo).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
رَّبِّ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِ وَمَا بَيۡنَهُمَا ٱلرَّحۡمَٰنِۖ لَا يَمۡلِكُونَ مِنۡهُ خِطَابٗا
Nyagasani w’ibirere n’isi n’ibiri hagati yabyo, Nyirimpuhwe. (Ku munsi w’imperuka), nta bushobozi bwo kugira icyo bamuvugisha bazaba bafite (keretse abishatse).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَوۡمَ يَقُومُ ٱلرُّوحُ وَٱلۡمَلَٰٓئِكَةُ صَفّٗاۖ لَّا يَتَكَلَّمُونَ إِلَّا مَنۡ أَذِنَ لَهُ ٱلرَّحۡمَٰنُ وَقَالَ صَوَابٗا
Umunsi Roho (Malayika Jiburilu) n’abandi bamalayika bazahagarara ku mirongo, ntibazavuga keretse uwo (Allah) Nyirimpuhwe azabihera uburenganzira, kandi akavuga ibiri ukuri.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ذَٰلِكَ ٱلۡيَوۡمُ ٱلۡحَقُّۖ فَمَن شَآءَ ٱتَّخَذَ إِلَىٰ رَبِّهِۦ مَـَٔابًا
Uwo munsi ni ukuri (uzaza nta gushidikanya). Bityo, ubishaka yakwiteganyiriza kwa Nyagasani we aho azashyikira.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّآ أَنذَرۡنَٰكُمۡ عَذَابٗا قَرِيبٗا يَوۡمَ يَنظُرُ ٱلۡمَرۡءُ مَا قَدَّمَتۡ يَدَاهُ وَيَقُولُ ٱلۡكَافِرُ يَٰلَيۡتَنِي كُنتُ تُرَٰبَۢا
Mu by’ukuri twababuriye ibihano byegereje; umunsi umuntu azabona ibyo yakoze, naho umuhakanyi akazavuga ati “Iyaba nari mbaye igitaka.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore kabaaru (darnga)
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu