Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore saafaati   Aaya.:

Aswafati

وَٱلصَّٰٓفَّٰتِ صَفّٗا
Ndahiye (abamalayika bahagaze) ku mirongo itunganye (basenga).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱلزَّٰجِرَٰتِ زَجۡرٗا
N’abajyana ibicu (babyerekeza aho Allah ashaka).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱلتَّٰلِيَٰتِ ذِكۡرًا
N’abasoma (amagambo ya Allah) basingiza (Nyagasani wabo).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ إِلَٰهَكُمۡ لَوَٰحِدٞ
Mu by’ukuri Imana yanyu ni imwe.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
رَّبُّ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِ وَمَا بَيۡنَهُمَا وَرَبُّ ٱلۡمَشَٰرِقِ
Nyagasani w’ibirere n’isi ndetse n’ibiri hagati yabyo, akaba na Nyagasani w’uburasirazuba bwose.[1]
[1] Izuba rirasira mu duce 365, rikanarengera mu duce 365, ari byo bingana n’iminsi igize umwaka. Buri munsi rirasira mu gice gishya kugeza umwaka urangiye, hanyuma rikazagaruka aho ryahereye nyuma y’umwaka.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّا زَيَّنَّا ٱلسَّمَآءَ ٱلدُّنۡيَا بِزِينَةٍ ٱلۡكَوَاكِبِ
Mu by’ukuri ikirere cyegereye isi twagitakishije inyenyeri.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَحِفۡظٗا مِّن كُلِّ شَيۡطَٰنٖ مَّارِدٖ
Tunakirinda buri shitani ryose ryigometse (dukoresheje ibishashi by’umuriro).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَّا يَسَّمَّعُونَ إِلَى ٱلۡمَلَإِ ٱلۡأَعۡلَىٰ وَيُقۡذَفُونَ مِن كُلِّ جَانِبٖ
Ntashobora (amashitani) kumviriza (ibivugwa n’) abanyacyubahiro bo hejuru (abamalayika), kubera ko aterwa (ibishashi) mu mpande zose.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
دُحُورٗاۖ وَلَهُمۡ عَذَابٞ وَاصِبٌ
Bigamije kuyirukana. Kandi (no ku munsi w’imperuka) azahanishwa ibihano bihoraho.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا مَنۡ خَطِفَ ٱلۡخَطۡفَةَ فَأَتۡبَعَهُۥ شِهَابٞ ثَاقِبٞ
Usibye iribashije kwiba (ibanga) bwangu nuko rigakurikizwa ibishashi by’umuriro.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱسۡتَفۡتِهِمۡ أَهُمۡ أَشَدُّ خَلۡقًا أَم مَّنۡ خَلَقۡنَآۚ إِنَّا خَلَقۡنَٰهُم مِّن طِينٖ لَّازِبِۭ
Ngaho (yewe Muhamadi) babaze (abahakanyi b’i Maka) niba iremwa ryabo ari ryo rikomeye kurusha ibyo twaremye (ibirere n’isi ndetse n’imisozi). Mu by’ukuri twabaremye mu ibumba rimatira.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلۡ عَجِبۡتَ وَيَسۡخَرُونَ
Ahubwo uratangazwa (no kuba bahakana izuka) naho bo banannyega (ubutumwa bwawe).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا ذُكِّرُواْ لَا يَذۡكُرُونَ
N’iyo bibukijwe (amagambo ya Allah) ntibibuka.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِذَا رَأَوۡاْ ءَايَةٗ يَسۡتَسۡخِرُونَ
N’iyo babonye igitangaza (giturutse kwa Allah) bashishikarizanya kukinnyega.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَقَالُوٓاْ إِنۡ هَٰذَآ إِلَّا سِحۡرٞ مُّبِينٌ
Maze bakavuga bati “Iki si ikindi usibye ko ari uburozi bugaragara.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَءِذَا مِتۡنَا وَكُنَّا تُرَابٗا وَعِظَٰمًا أَءِنَّا لَمَبۡعُوثُونَ
“Ese nidupfa tugahinduka igitaka ndetse n’amagufa (akabora) tuzazurwa koko?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَوَءَابَآؤُنَا ٱلۡأَوَّلُونَ
“N’abakurambere bacu (bazazurwa) se?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قُلۡ نَعَمۡ وَأَنتُمۡ دَٰخِرُونَ
Vuga (yewe Muhamadi) uti “Yego! (muzazurwa), kandi muzaba musuzuguritse.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِنَّمَا هِيَ زَجۡرَةٞ وَٰحِدَةٞ فَإِذَا هُمۡ يَنظُرُونَ
Mu by’ukuri impanda izavuzwa rimwe, maze (bazurwe) babone (ibyo basezeranyijwe).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَقَالُواْ يَٰوَيۡلَنَا هَٰذَا يَوۡمُ ٱلدِّينِ
Nuko bavuge bati “Mbega ishyano tubonye! Uyu ni umunsi w’ibihembo.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
هَٰذَا يَوۡمُ ٱلۡفَصۡلِ ٱلَّذِي كُنتُم بِهِۦ تُكَذِّبُونَ
Uyu ni wo munsi w’urubanza mwajyaga muhinyura.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
۞ ٱحۡشُرُواْ ٱلَّذِينَ ظَلَمُواْ وَأَزۡوَٰجَهُمۡ وَمَا كَانُواْ يَعۡبُدُونَ
(Abamalayika bazababwira) bati “Mukoranye inkozi z’ibibi n’abambari bazo ndetse n’ibyo basengaga,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مِن دُونِ ٱللَّهِ فَٱهۡدُوهُمۡ إِلَىٰ صِرَٰطِ ٱلۡجَحِيمِ
“Bitari Allah, maze muberekeze mu nzira igana umuriro ugurumana”,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَقِفُوهُمۡۖ إِنَّهُم مَّسۡـُٔولُونَ
“Munabahagarike kuko mu by’ukuri bagomba (kubanza) kubazwa.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مَا لَكُمۡ لَا تَنَاصَرُونَ
(Bazabazwa bati) “Byagenze bite ko mudatabarana (nk’uko mwabigenzaga ku isi)?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلۡ هُمُ ٱلۡيَوۡمَ مُسۡتَسۡلِمُونَ
Ahubwo kuri uwo munsi bazaba baciye bugufi (basuzuguritse).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأَقۡبَلَ بَعۡضُهُمۡ عَلَىٰ بَعۡضٖ يَتَسَآءَلُونَ
Nuko bamwe bahindukire berekere ku bandi babazanya
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَالُوٓاْ إِنَّكُمۡ كُنتُمۡ تَأۡتُونَنَا عَنِ ٱلۡيَمِينِ
Bavuga bati “Mu by’ukuri ni mwe mwatugeragaho mwitwaje idini kandi mugamije kutuyobya.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَالُواْ بَل لَّمۡ تَكُونُواْ مُؤۡمِنِينَ
Abandi babasubize bati “Ahubwo ntabwo mwari abemeramana”,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا كَانَ لَنَا عَلَيۡكُم مِّن سُلۡطَٰنِۭۖ بَلۡ كُنتُمۡ قَوۡمٗا طَٰغِينَ
“Kandi nta bubasha twari tubafiteho; ahubwo mwari abantu barengera (imbibi za Allah).”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَحَقَّ عَلَيۡنَا قَوۡلُ رَبِّنَآۖ إِنَّا لَذَآئِقُونَ
“None imvugo ya Nyagasani wacu idusohoreyeho ko tugomba kumva ububabare bw’ibihano.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَغۡوَيۡنَٰكُمۡ إِنَّا كُنَّا غَٰوِينَ
“Twarabayobeje kuko mu by’ukuri natwe twari twarayobye.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِنَّهُمۡ يَوۡمَئِذٖ فِي ٱلۡعَذَابِ مُشۡتَرِكُونَ
Kuri uwo munsi bose bazaba bafatanyije ibihano.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَفۡعَلُ بِٱلۡمُجۡرِمِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugenza inkozi z’ibibi,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُمۡ كَانُوٓاْ إِذَا قِيلَ لَهُمۡ لَآ إِلَٰهَ إِلَّا ٱللَّهُ يَسۡتَكۡبِرُونَ
Kuko iyo babwirwaga ko nta yindi mana ikwiye gusengwa by’ukuri uretse Allah, baribonaga.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَيَقُولُونَ أَئِنَّا لَتَارِكُوٓاْ ءَالِهَتِنَا لِشَاعِرٖ مَّجۡنُونِۭ
Bakanavuga bati “Ese koko tureke imana zacu kubera umusizi w’umusazi?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلۡ جَآءَ بِٱلۡحَقِّ وَصَدَّقَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Ahubwo (Intumwa Muhamadi) yazanye ukuri inahamya iby’Intumwa zayibanjirije.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّكُمۡ لَذَآئِقُواْ ٱلۡعَذَابِ ٱلۡأَلِيمِ
Mu by’ukuri mwe (ababangikanyamana) mugiye kumva ibihano bibabaza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا تُجۡزَوۡنَ إِلَّا مَا كُنتُمۡ تَعۡمَلُونَ
Kandi nta kindi muri buhemberwe kitari ibyo mwakoze.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أُوْلَٰٓئِكَ لَهُمۡ رِزۡقٞ مَّعۡلُومٞ
Abo bazahabwa amafunguro azwi (mu ijuru):
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَوَٰكِهُ وَهُم مُّكۡرَمُونَ
Imbuto; kandi bazaba bubashywe,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فِي جَنَّٰتِ ٱلنَّعِيمِ
Mu busitani bwuje inema (Ijuru).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
عَلَىٰ سُرُرٖ مُّتَقَٰبِلِينَ
Bari ku bitanda berekeranye,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يُطَافُ عَلَيۡهِم بِكَأۡسٖ مِّن مَّعِينِۭ
Bazengurutswamo ibirahuri by’inzoga (zidasindisha) zavomwe mu migezi itemba,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَيۡضَآءَ لَذَّةٖ لِّلشَّٰرِبِينَ
Zererana, ziryoheye abazinywa.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَا فِيهَا غَوۡلٞ وَلَا هُمۡ عَنۡهَا يُنزَفُونَ
Nta ngaruka zizabagiraho ndetse nta n’ubwo zizatuma bata ubwenge
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَعِندَهُمۡ قَٰصِرَٰتُ ٱلطَّرۡفِ عِينٞ
Kandi bazaba bafite (abagore) barinda indoro zabo, b’amaso meza manini
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَأَنَّهُنَّ بَيۡضٞ مَّكۡنُونٞ
Bameze nk’amagi yarinzwe neza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَقۡبَلَ بَعۡضُهُمۡ عَلَىٰ بَعۡضٖ يَتَسَآءَلُونَ
Maze bamwe bahindukire barebe abandi babazanye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَالَ قَآئِلٞ مِّنۡهُمۡ إِنِّي كَانَ لِي قَرِينٞ
Umwe muri bo azavuga ati “Mu by’ukuri nari mfite inshuti magara (ku isi)”,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَقُولُ أَءِنَّكَ لَمِنَ ٱلۡمُصَدِّقِينَ
Yajyaga ivuga iti “Ese wowe koko uri mu bemera (izuka)”?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَءِذَا مِتۡنَا وَكُنَّا تُرَابٗا وَعِظَٰمًا أَءِنَّا لَمَدِينُونَ
“Ese nidupfa tugahinduka igitaka n’amagufa (akabora), tuzabazwa ibyo twakoze koko?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَالَ هَلۡ أَنتُم مُّطَّلِعُونَ
Avuge ati “Ese mushobora kureba (mu muriro)?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱطَّلَعَ فَرَءَاهُ فِي سَوَآءِ ٱلۡجَحِيمِ
Nuko arebe amubone hagati mu muriro ugurumana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَالَ تَٱللَّهِ إِن كِدتَّ لَتُرۡدِينِ
Avuge ati “Ndahiye ku izina rya Allah! Wari hafi yo kunyoreka.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَوۡلَا نِعۡمَةُ رَبِّي لَكُنتُ مِنَ ٱلۡمُحۡضَرِينَ
“Iyo bitaza kuba ku bw’inema ya Nyagasani wanjye, nanjye nari kuba mu bazanywe (mu muriro nka we).”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَفَمَا نَحۡنُ بِمَيِّتِينَ
(Abazaba bari mu ijuru bazavuga bati) “Ese ntabwo tuzongera gupfa?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا مَوۡتَتَنَا ٱلۡأُولَىٰ وَمَا نَحۡنُ بِمُعَذَّبِينَ
“Usibye gusa urupfu rwacu rwa mbere, ndetse nta n’ubwo tuzahanwa (nyuma y’uko twinjiye mu ijuru)?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ هَٰذَا لَهُوَ ٱلۡفَوۡزُ ٱلۡعَظِيمُ
“Mu by’ukuri iyi ni intsinzi ihambaye.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لِمِثۡلِ هَٰذَا فَلۡيَعۡمَلِ ٱلۡعَٰمِلُونَ
Ku rugero nk’uru, ngaho abakora (ibyiza) nibakore.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَذَٰلِكَ خَيۡرٞ نُّزُلًا أَمۡ شَجَرَةُ ٱلزَّقُّومِ
Ese kwakirwa gutyo si ko kwiza, cyangwa (kwakirizwa) igiti cya Zaqum (kigira imbuto zirura cyane, ni byo byiza)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّا جَعَلۡنَٰهَا فِتۡنَةٗ لِّلظَّٰلِمِينَ
Mu by’ukuri (icyo giti) twakigize ikigeragezo ku bahakanyi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهَا شَجَرَةٞ تَخۡرُجُ فِيٓ أَصۡلِ ٱلۡجَحِيمِ
Ni igiti gishibuka mu ndiba y’umuriro ugurumana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
طَلۡعُهَا كَأَنَّهُۥ رُءُوسُ ٱلشَّيَٰطِينِ
Imbuto zacyo zimeze nk’imitwe y’amashitani.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِنَّهُمۡ لَأٓكِلُونَ مِنۡهَا فَمَالِـُٔونَ مِنۡهَا ٱلۡبُطُونَ
Mu by’ukuri bazazirya bazuzuze inda.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ إِنَّ لَهُمۡ عَلَيۡهَا لَشَوۡبٗا مِّنۡ حَمِيمٖ
Maze barenzeho amazi avangiye yatuye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ إِنَّ مَرۡجِعَهُمۡ لَإِلَى ٱلۡجَحِيمِ
Hanyuma ukugaruka kwabo kuzabe kwerekera mu muriro ugurumana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُمۡ أَلۡفَوۡاْ ءَابَآءَهُمۡ ضَآلِّينَ
Mu by’ukuri basanze abakurambere babo barayobye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَهُمۡ عَلَىٰٓ ءَاثَٰرِهِمۡ يُهۡرَعُونَ
Nuko na bo bihutira kugera ikirenge mu cyabo.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَقَدۡ ضَلَّ قَبۡلَهُمۡ أَكۡثَرُ ٱلۡأَوَّلِينَ
Kandi rwose abenshi mu babayeho mbere yabo barayobye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَقَدۡ أَرۡسَلۡنَا فِيهِم مُّنذِرِينَ
Kandi mu by’ukuri twaranaboherereje ababurizi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱنظُرۡ كَيۡفَ كَانَ عَٰقِبَةُ ٱلۡمُنذَرِينَ
Ngaho reba uko iherezo ry’ababuriwe ryagenze.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَقَدۡ نَادَىٰنَا نُوحٞ فَلَنِعۡمَ ٱلۡمُجِيبُونَ
Kandi rwose Nuhu yaratwiyambaje kandi ni twe beza bo gusubiza (uwatwiyambaje).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَنَجَّيۡنَٰهُ وَأَهۡلَهُۥ مِنَ ٱلۡكَرۡبِ ٱلۡعَظِيمِ
Nuko tumurokorana n’abantu be mu makuba ahambaye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَعَلۡنَا ذُرِّيَّتَهُۥ هُمُ ٱلۡبَاقِينَ
Maze dusigaza abamukomokaho.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Tunamuha kuzasigara avugwa neza mu bazabaho nyuma ye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
سَلَٰمٌ عَلَىٰ نُوحٖ فِي ٱلۡعَٰلَمِينَ
Amahoro nabe kuri Nuhu mu biremwa byose.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُۥ مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri yari umwe mu bagaragu bacu b’abemeramana (twarokoye).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ أَغۡرَقۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma turohamisha abandi (bahakanye).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
۞ وَإِنَّ مِن شِيعَتِهِۦ لَإِبۡرَٰهِيمَ
Mu by’ukuri no mu bamukurikije harimo Ibrahimu.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِذۡ جَآءَ رَبَّهُۥ بِقَلۡبٖ سَلِيمٍ
Ubwo yaganaga Nyagasani we n’umutima ukeye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِذۡ قَالَ لِأَبِيهِ وَقَوۡمِهِۦ مَاذَا تَعۡبُدُونَ
Ubwo yabwiraga se n’abantu be ati “Ibi mugaragira ni ibiki?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَئِفۡكًا ءَالِهَةٗ دُونَ ٱللَّهِ تُرِيدُونَ
“Ese ibigirwamana mwihimbiye muretse Allah ni byo mushaka?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَمَا ظَنُّكُم بِرَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
“Ese mutekereza iki kuri Nyagasani w’ibiremwa byose?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَنَظَرَ نَظۡرَةٗ فِي ٱلنُّجُومِ
Nuko (Ibrahimu) yitegereza inyenyeri.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَقَالَ إِنِّي سَقِيمٞ
Maze aravuga ati “Mu by’ukuri njye ndarwaye”.[1]
[1] Ibyo yabikoze ari amayeri yo kugira ngo asigare aho basengeraga ibigirwamana byabo kugira ngo abijanjagure, ndetse no kugira ngo atajyana na bo mu mihango yabo ya gipagani
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَتَوَلَّوۡاْ عَنۡهُ مُدۡبِرِينَ
Nuko barahindukira barigendera.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَرَاغَ إِلَىٰٓ ءَالِهَتِهِمۡ فَقَالَ أَلَا تَأۡكُلُونَ
Maze yinyabya (mu ibanga) ku bigirwamana byabo, nuko aravuga ati “Ese ntimurya (aya mafunguro mwateguriwe)?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مَا لَكُمۡ لَا تَنطِقُونَ
“Bite byanyu ko mutavuga?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَرَاغَ عَلَيۡهِمۡ ضَرۡبَۢا بِٱلۡيَمِينِ
Maze arabyadukira (mu ibanga) abijanjaguza ukuboko kwe kw’iburyo.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَقۡبَلُوٓاْ إِلَيۡهِ يَزِفُّونَ
Nuko (ba babangikanyamana) bagaruka bamugana bihuta.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَالَ أَتَعۡبُدُونَ مَا تَنۡحِتُونَ
Arababwira ati “Ese mugaragira ibyo mwihangiye”,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱللَّهُ خَلَقَكُمۡ وَمَا تَعۡمَلُونَ
“Kandi Allah yarabaremye, mwe n’ibyo mukora?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَالُواْ ٱبۡنُواْ لَهُۥ بُنۡيَٰنٗا فَأَلۡقُوهُ فِي ٱلۡجَحِيمِ
Baravuga bati “Nimumwubakire itanura maze mumujugunye mu muriro ugurumana.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَرَادُواْ بِهِۦ كَيۡدٗا فَجَعَلۡنَٰهُمُ ٱلۡأَسۡفَلِينَ
Bamucuriye umugambi mubisha, nuko turabasuzuguza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَقَالَ إِنِّي ذَاهِبٌ إِلَىٰ رَبِّي سَيَهۡدِينِ
Nuko (amaze kurokoka umuriro) aravuga ati “Mu by’ukuri ngannye kwa Nyagasani wanjye, azanyobora.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
رَبِّ هَبۡ لِي مِنَ ٱلصَّٰلِحِينَ
“Nyagasani wanjye! Mpa (umwana) uzaba umwe mu ntungane.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَبَشَّرۡنَٰهُ بِغُلَٰمٍ حَلِيمٖ
Nuko tumuha inkuru nziza yo kuzabyara umuhungu witonda (ari we Isimayili).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَلَمَّا بَلَغَ مَعَهُ ٱلسَّعۡيَ قَالَ يَٰبُنَيَّ إِنِّيٓ أَرَىٰ فِي ٱلۡمَنَامِ أَنِّيٓ أَذۡبَحُكَ فَٱنظُرۡ مَاذَا تَرَىٰۚ قَالَ يَٰٓأَبَتِ ٱفۡعَلۡ مَا تُؤۡمَرُۖ سَتَجِدُنِيٓ إِن شَآءَ ٱللَّهُ مِنَ ٱلصَّٰبِرِينَ
Maze (umuhungu we) amaze kugera mu kigero cyo kugendana na we, (ise) aravuga ati “Mwana wanjye! Mu by’ukuri narose nkubaga (ngutangaho igitambo kwa Allah), mbwira uko ubibona. Aravuga ati “Dawe! Kora icyo wategetswe, Allah nabishaka uzansanga mu bihangana.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَلَمَّآ أَسۡلَمَا وَتَلَّهُۥ لِلۡجَبِينِ
Nuko bombi bamaze kumvira (itegeko rya Allah), (Ibrahimu) amuryamisha hasi yubitse umutwe (kugira ngo amubage).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَنَٰدَيۡنَٰهُ أَن يَٰٓإِبۡرَٰهِيمُ
Maze turamuhamagara tuti “Yewe Ibrahimu!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قَدۡ صَدَّقۡتَ ٱلرُّءۡيَآۚ إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Rwose wakabije inzozi. Mu by’ukuri uko ni ko duhemba abakora neza.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ هَٰذَا لَهُوَ ٱلۡبَلَٰٓؤُاْ ٱلۡمُبِينُ
Mu by’ukuri iki ni cyo kigeragezo kigaragara.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَفَدَيۡنَٰهُ بِذِبۡحٍ عَظِيمٖ
Nuko tumucunguza igitambo gihambaye (intama).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Tunamuha kuzasigara avugwa neza mubazabaho nyuma ye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
سَلَٰمٌ عَلَىٰٓ إِبۡرَٰهِيمَ
Amahoro nabe kuri Ibrahimu.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Uko ni ko tugororera abakoze neza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُۥ مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri (Ibrahimu) yari umwe mu bagaragu bacu b’abemeramana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَبَشَّرۡنَٰهُ بِإِسۡحَٰقَ نَبِيّٗا مِّنَ ٱلصَّٰلِحِينَ
Kandi twamuhaye inkuru nziza (yo kuzabyara) Isihaka, akaba umuhanuzi (ndetse akaba n’umwe) mu ntungane.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَبَٰرَكۡنَا عَلَيۡهِ وَعَلَىٰٓ إِسۡحَٰقَۚ وَمِن ذُرِّيَّتِهِمَا مُحۡسِنٞ وَظَالِمٞ لِّنَفۡسِهِۦ مُبِينٞ
Nuko we na Isihaka tubaha imigisha. No mu rubyaro rwabo harimo abakora ibyiza ndetse n’abihemukira ku buryo bugaragara.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَقَدۡ مَنَنَّا عَلَىٰ مُوسَىٰ وَهَٰرُونَ
Kandi rwose Musa na Haruna twabahaye ingabire (y’ubutumwa).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَنَجَّيۡنَٰهُمَا وَقَوۡمَهُمَا مِنَ ٱلۡكَرۡبِ ٱلۡعَظِيمِ
Maze bombi n’abantu babo tubakiza amakuba ahambaye (yo kurohama).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَنَصَرۡنَٰهُمۡ فَكَانُواْ هُمُ ٱلۡغَٰلِبِينَ
Turanabatabara nuko baba ari bo batsinda.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَءَاتَيۡنَٰهُمَا ٱلۡكِتَٰبَ ٱلۡمُسۡتَبِينَ
Nuko tubaha igitabo (Tawurati) gisobanutse,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَهَدَيۡنَٰهُمَا ٱلصِّرَٰطَ ٱلۡمُسۡتَقِيمَ
Tunabayobora inzira igororotse.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِمَا فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Kandi twanabahaye kuzasigara bavugwa neza mu bazabaho nyuma yabo.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
سَلَٰمٌ عَلَىٰ مُوسَىٰ وَهَٰرُونَ
Amahoro nabe kuri Musa na Haruna.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُمَا مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Rwose bombi bari mu bagaragu bacu b’abemeramana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِنَّ إِلۡيَاسَ لَمِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi mu by’ukuri Iliyasi yari umwe mu ntumwa.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِذۡ قَالَ لِقَوۡمِهِۦٓ أَلَا تَتَّقُونَ
Ubwo yabwiraga abantu be ati “Ese ntimugandukira Allah?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَتَدۡعُونَ بَعۡلٗا وَتَذَرُونَ أَحۡسَنَ ٱلۡخَٰلِقِينَ
Ese musaba Ba’ala (ikigirwamana) muretse Umuremyi usumba abandi?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ٱللَّهَ رَبَّكُمۡ وَرَبَّ ءَابَآئِكُمُ ٱلۡأَوَّلِينَ
Allah, Nyagasani wanyu akaba na Nyagasani w’abakurambere banyu?”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَكَذَّبُوهُ فَإِنَّهُمۡ لَمُحۡضَرُونَ
Nuko (Iliyasi) baramuhinyura. Mu by’ukuri bazazanwa (kugira ngo bahanwe),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَتَرَكۡنَا عَلَيۡهِ فِي ٱلۡأٓخِرِينَ
Twanamuhaye kuzasigara avugwa neza mu bazabaho nyuma ye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
سَلَٰمٌ عَلَىٰٓ إِلۡ يَاسِينَ
Amahoro nabe kuri Iliyasi n’abamukurikiye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُۥ مِنۡ عِبَادِنَا ٱلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri (Iliyasi) yari mu bagaragu bacu b’abemeramana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِنَّ لُوطٗا لَّمِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi rwose Lutwi yari umwe mu ntumwa.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِذۡ نَجَّيۡنَٰهُ وَأَهۡلَهُۥٓ أَجۡمَعِينَ
Ubwo twamurokoraga n’ab’iwe bose,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا عَجُوزٗا فِي ٱلۡغَٰبِرِينَ
Usibye gusa umukecuru (umugore we) wabaye mu basigaye (mu bihano),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ دَمَّرۡنَا ٱلۡأٓخَرِينَ
Hanyuma abandi (bo mu mudugudu wa Sodoma) turabarimbura.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِنَّكُمۡ لَتَمُرُّونَ عَلَيۡهِم مُّصۡبِحِينَ
Kandi rwose mubanyuraho (ku matongo yabo) mu gitondo,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَبِٱلَّيۡلِۚ أَفَلَا تَعۡقِلُونَ
Ndetse na nijoro. Ese ntimutekereza?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِنَّ يُونُسَ لَمِنَ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi mu by’ukuri Yunusu yari umwe mu ntumwa.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِذۡ أَبَقَ إِلَى ٱلۡفُلۡكِ ٱلۡمَشۡحُونِ
(Wibuke) ubwo yahungiraga (nta ruhushya rwa Allah) mu bwato bwuzuye (abantu n’ibintu).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَسَاهَمَ فَكَانَ مِنَ ٱلۡمُدۡحَضِينَ
Maze (akemera) kuba umwe mu batombora (kugira ngo bamenye urohwa mu nyanja), nuko aratsindwa (aba ari we uyirohwamo).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱلۡتَقَمَهُ ٱلۡحُوتُ وَهُوَ مُلِيمٞ
Nuko ifi iramumira agayitse (kuko yari yakoze igikorwa cyo gusiga abantu be atabiherewe uburenganzira na Allah).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَلَوۡلَآ أَنَّهُۥ كَانَ مِنَ ٱلۡمُسَبِّحِينَ
Iyo aza kuba atari mu basingiza Allah,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَلَبِثَ فِي بَطۡنِهِۦٓ إِلَىٰ يَوۡمِ يُبۡعَثُونَ
Yari kuguma mu nda yayo kugeza ku munsi (abantu) bazazurirwaho.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
۞ فَنَبَذۡنَٰهُ بِٱلۡعَرَآءِ وَهُوَ سَقِيمٞ
Nuko tumujugunya ku butaka bw’agasi ameze nk’umurwayi,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأَنۢبَتۡنَا عَلَيۡهِ شَجَرَةٗ مِّن يَقۡطِينٖ
Maze aho yari ari tuhameza uruyuzi rwera ibihaza (kugira ngo rumugirire akamaro)
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأَرۡسَلۡنَٰهُ إِلَىٰ مِاْئَةِ أَلۡفٍ أَوۡ يَزِيدُونَ
Nuko tumwohereza ku bantu ibihumbi ijana cyangwa banarenga.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَـَٔامَنُواْ فَمَتَّعۡنَٰهُمۡ إِلَىٰ حِينٖ
Maze baremera, nuko tubaha umunezero w’igihe gito.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱسۡتَفۡتِهِمۡ أَلِرَبِّكَ ٱلۡبَنَاتُ وَلَهُمُ ٱلۡبَنُونَ
Ngaho (yewe Muhamadi) babaze uti “Ese Nyagasani wawe afite abakobwa gusa, hanyuma bo bakagira abahungu?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَمۡ خَلَقۡنَا ٱلۡمَلَٰٓئِكَةَ إِنَٰثٗا وَهُمۡ شَٰهِدُونَ
Cyangwa twaremye abamalayika b’abakobwa babireba (ikaba ari yo mpamvu bavuga ko abamalayika ari igitsina gore)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَلَآ إِنَّهُم مِّنۡ إِفۡكِهِمۡ لَيَقُولُونَ
Mu by’ukuri no mu binyoma byabo (ababangikanyamana b’i Maka) baravuga (bati):
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَدَ ٱللَّهُ وَإِنَّهُمۡ لَكَٰذِبُونَ
“Allah yarabyaye (bavugaga ko abamalayika ari abakobwa ba Allah)” Nyamara rwose ni abanyabinyoma!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَصۡطَفَى ٱلۡبَنَاتِ عَلَى ٱلۡبَنِينَ
None se (ni ukubera iki) yaba yaratonesheje abakobwa akabarutisha abahungu?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مَا لَكُمۡ كَيۡفَ تَحۡكُمُونَ
Ese mwabaye mute? Amahitamo yanyu ashingira kuki?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَفَلَا تَذَكَّرُونَ
Ese ntimutekereza?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَمۡ لَكُمۡ سُلۡطَٰنٞ مُّبِينٞ
Cyangwa mufite ibimenyetso bigaragara?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأۡتُواْ بِكِتَٰبِكُمۡ إِن كُنتُمۡ صَٰدِقِينَ
Ngaho nimuzane igitabo cyanyu, niba muri abanyakuri!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَعَلُواْ بَيۡنَهُۥ وَبَيۡنَ ٱلۡجِنَّةِ نَسَبٗاۚ وَلَقَدۡ عَلِمَتِ ٱلۡجِنَّةُ إِنَّهُمۡ لَمُحۡضَرُونَ
Kandi banashyize isano hagati Ye (Allah) n’amajini, nyamara amajini yo azi neza ko azazanwa (imbere ya Allah kugira ngo acirwe urubanza).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
سُبۡحَٰنَ ٱللَّهِ عَمَّا يَصِفُونَ
Ubutagatifu ni ubwa Allah, nta ho ahuriye n’ibyo bamwitirira!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Uretse abagaragu ba Allah b’imbonera (ni bo batajya bagira ibyo bamwitirira).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِنَّكُمۡ وَمَا تَعۡبُدُونَ
Bityo, mu by’ukuri mwe (ababangikanyamana) ndetse n’ibyo mugaragira bitari Allah,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مَآ أَنتُمۡ عَلَيۡهِ بِفَٰتِنِينَ
Nta n’umwe (mu bemeramana) mushobora kuyobya.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا مَنۡ هُوَ صَالِ ٱلۡجَحِيمِ
Uretse abazajya mu muriro ugurumana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا مِنَّآ إِلَّا لَهُۥ مَقَامٞ مَّعۡلُومٞ
Kandi nta n’umwe muri twe (abamalayika) udafite umwanya uzwi (mu ijuru).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِنَّا لَنَحۡنُ ٱلصَّآفُّونَ
Mu by’ukuri twe (abamalayika) dutonda imirongo (dusali nk’uko Abayisilamu babigenza).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِنَّا لَنَحۡنُ ٱلۡمُسَبِّحُونَ
Kandi mu by’ukuri ni twe dusingiza (Allah).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِن كَانُواْ لَيَقُولُونَ
Kandi mu by’ukuri (ababangikanyamana b’i Maka) bajyaga bavuga bati:
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَوۡ أَنَّ عِندَنَا ذِكۡرٗا مِّنَ ٱلۡأَوَّلِينَ
“Iyo tuza kugira urwibutso tuvanye ku bo hambere (mbere y’uko Intumwa Muhamadi ihabwa ubutumwa),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَكُنَّا عِبَادَ ٱللَّهِ ٱلۡمُخۡلَصِينَ
Mu by’ukuri twari kuba abagaragu ba Allah b’imbonera.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَكَفَرُواْ بِهِۦۖ فَسَوۡفَ يَعۡلَمُونَ
Nyamara (nyuma y’uko Qur’an ibagezeho) barayihakanye kandi vuba aha bazaba bamenya (ukuri).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَقَدۡ سَبَقَتۡ كَلِمَتُنَا لِعِبَادِنَا ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi rwose, isezerano ryacu ku bagaragu bacu b’Intumwa, ryaje mbere
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُمۡ لَهُمُ ٱلۡمَنصُورُونَ
Ko mu by’ukuri ari bo bazatabarwa.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَإِنَّ جُندَنَا لَهُمُ ٱلۡغَٰلِبُونَ
Ndetse ko mu by’ukuri ingabo zacu ari zo zizatsinda.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَتَوَلَّ عَنۡهُمۡ حَتَّىٰ حِينٖ
Bityo rero (yewe Muhamadi), birengagize igihe runaka,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأَبۡصِرۡهُمۡ فَسَوۡفَ يُبۡصِرُونَ
Maze ubahozeho ijisho, kuko bidatinze bazabona (ibihano).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَفَبِعَذَابِنَا يَسۡتَعۡجِلُونَ
Ese ibihano byacu ni byo bashaka kwihutisha?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِذَا نَزَلَ بِسَاحَتِهِمۡ فَسَآءَ صَبَاحُ ٱلۡمُنذَرِينَ
Nyamara ubwo bizabamanukiraho, kizaba ari igitondo kibi ku baburiwe.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَتَوَلَّ عَنۡهُمۡ حَتَّىٰ حِينٖ
Bityo rero (yewe Muhamadi), birengagize igihe runaka,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأَبۡصِرۡ فَسَوۡفَ يُبۡصِرُونَ
Unabahozeho ijisho, kuko bidatinze bazabona (ibihano).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
سُبۡحَٰنَ رَبِّكَ رَبِّ ٱلۡعِزَّةِ عَمَّا يَصِفُونَ
Ubutagatifu ni ubwa Nyagasani wawe, Nyagasani Nyiricyubahiro! Nta ho ahuriye n’ibyo bamwitirira!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَسَلَٰمٌ عَلَى ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi amahoro nabe ku Ntumwa (zose za Allah)
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلۡحَمۡدُ لِلَّهِ رَبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
Kandi ishimwe n’ikuzo byuzuye ni ibya Allah, Nyagasani w’ibiremwa byose.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore saafaati
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu