Check out the new design

Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association * - Index of Translations

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Translation of the Meanings Surah: Al-Inshiqāq   Verse:

Al In’shiqaq

إِذَا ٱلسَّمَآءُ ٱنشَقَّتۡ
Igihe ikirere kizasandara (ku munsi w’imperuka),
Arabic Tafsirs:
وَأَذِنَتۡ لِرَبِّهَا وَحُقَّتۡ
Nuko kikumvira (itegeko rya) Nyagasani wacyo, kandi ibyo birakwiye (ko kimwumvira),
Arabic Tafsirs:
وَإِذَا ٱلۡأَرۡضُ مُدَّتۡ
N’igihe isi izaringanizwa,
Arabic Tafsirs:
وَأَلۡقَتۡ مَا فِيهَا وَتَخَلَّتۡ
Maze igasohora ibiyirimo (abapfuye), igasigarira aho,
Arabic Tafsirs:
وَأَذِنَتۡ لِرَبِّهَا وَحُقَّتۡ
Nuko ikumvira (itegeko rya) Nyagasani wayo, kandi ibyo birakwiye (ko imwumvira),
Arabic Tafsirs:
يَٰٓأَيُّهَا ٱلۡإِنسَٰنُ إِنَّكَ كَادِحٌ إِلَىٰ رَبِّكَ كَدۡحٗا فَمُلَٰقِيهِ
Yewe muntu! Mu by’ukuri ukorana umuhate imirimo yawe ugana kwa Nyagasani wawe, kandi muzahura (ku munsi w’imperuka).
Arabic Tafsirs:
فَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ بِيَمِينِهِۦ
Bityo, uzahabwa igitabo cye (cy’ibikorwa bye) mu kuboko kw’iburyo,
Arabic Tafsirs:
فَسَوۡفَ يُحَاسَبُ حِسَابٗا يَسِيرٗا
Azabarurirwa mu buryo bworoshye,
Arabic Tafsirs:
وَيَنقَلِبُ إِلَىٰٓ أَهۡلِهِۦ مَسۡرُورٗا
Kandi azasubira mu bantu be (umuryango we wakoze neza ku isi, ndetse n’abagore azagororerwa bo mu ijuru) yishimye!
Arabic Tafsirs:
وَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ وَرَآءَ ظَهۡرِهِۦ
Naho uzahabwa igitabo cye (cy’ibikorwa bye, akacyakirira) inyuma y’umugongo,
Arabic Tafsirs:
فَسَوۡفَ يَدۡعُواْ ثُبُورٗا
Azisabira kurimbuka,
Arabic Tafsirs:
وَيَصۡلَىٰ سَعِيرًا
Kandi azahira mu muriro ugurumana.
Arabic Tafsirs:
إِنَّهُۥ كَانَ فِيٓ أَهۡلِهِۦ مَسۡرُورًا
Mu by’ukuri (mu buzima bwo ku isi) yabaga mu muryango we yishimye,
Arabic Tafsirs:
إِنَّهُۥ ظَنَّ أَن لَّن يَحُورَ
Mu by’ukuri yibwiraga ko atazagaruka (kwa Nyagasani we).
Arabic Tafsirs:
بَلَىٰٓۚ إِنَّ رَبَّهُۥ كَانَ بِهِۦ بَصِيرٗا
Nyamara si byo! Mu by’ukuri Nyagasani we yabaga amubona neza.
Arabic Tafsirs:
فَلَآ أُقۡسِمُ بِٱلشَّفَقِ
Bityo, ndahiye igicu gitukura cy’izuba rirenga,
Arabic Tafsirs:
وَٱلَّيۡلِ وَمَا وَسَقَ
N’ijoro n’ibyo ritwikira (byose),
Arabic Tafsirs:
وَٱلۡقَمَرِ إِذَا ٱتَّسَقَ
N’ukwezi igihe kuzuye,
Arabic Tafsirs:
لَتَرۡكَبُنَّ طَبَقًا عَن طَبَقٖ
Ko rwose muzanyura mu byiciro bitandukanye (mu buzima bwa hano ku isi no ku munsi w’imperuka)
Arabic Tafsirs:
فَمَا لَهُمۡ لَا يُؤۡمِنُونَ
Ese babaye bate, kuki batemera?
Arabic Tafsirs:
وَإِذَا قُرِئَ عَلَيۡهِمُ ٱلۡقُرۡءَانُ لَا يَسۡجُدُونَۤ۩
Ndetse n’iyo basomewe Qur’an ntibajya bubama.
Arabic Tafsirs:
بَلِ ٱلَّذِينَ كَفَرُواْ يُكَذِّبُونَ
Ahubwo abahakanye bahinyura (Intumwa Muhamadi n’inyigisho ze).
Arabic Tafsirs:
وَٱللَّهُ أَعۡلَمُ بِمَا يُوعُونَ
Kandi Allah azi neza ibyo bahisha (mu mitima yabo).
Arabic Tafsirs:
فَبَشِّرۡهُم بِعَذَابٍ أَلِيمٍ
Bityo, bagezeho inkuru y’ibihano bibabaza.
Arabic Tafsirs:
 
Translation of the Meanings Surah: Al-Inshiqāq
Index of Surahs Page Number
 
Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association - Index of Translations

Issued by Rwanda Muslim Association

Close