Check out the new design

Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association * - Index of Translations

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Translation of the Meanings Surah: Al-Mursalāt   Verse:

Al Mur’salaat

وَٱلۡمُرۡسَلَٰتِ عُرۡفٗا
Ndahiye imiyaga yoherezwa ikurikiranye,
Arabic Tafsirs:
فَٱلۡعَٰصِفَٰتِ عَصۡفٗا
N’imiyaga y’inkubi,
Arabic Tafsirs:
وَٱلنَّٰشِرَٰتِ نَشۡرٗا
N’imiyaga ikwirakwiza ibicu n’imvura,
Arabic Tafsirs:
فَٱلۡفَٰرِقَٰتِ فَرۡقٗا
N’(imirongo ya Qur’an) itandukanya ukuri n’ikinyoma,
Arabic Tafsirs:
فَٱلۡمُلۡقِيَٰتِ ذِكۡرًا
N’abamalayika bazanira amahishurirwa (Intumwa za Allah),
Arabic Tafsirs:
عُذۡرًا أَوۡ نُذۡرًا
Kugira ngo avaneho urwitwazo cyangwa kugira ngo aburire.
Arabic Tafsirs:
إِنَّمَا تُوعَدُونَ لَوَٰقِعٞ
Mu by’ukuri ibyo musezeranywa bizasohora.
Arabic Tafsirs:
فَإِذَا ٱلنُّجُومُ طُمِسَتۡ
Igihe inyenyeri zizakurwaho (urumuri rwazo rukazima),
Arabic Tafsirs:
وَإِذَا ٱلسَّمَآءُ فُرِجَتۡ
N’igihe ikirere kizasandazwa,
Arabic Tafsirs:
وَإِذَا ٱلۡجِبَالُ نُسِفَتۡ
N’igihe imisozi izariturwa igatumuka nk’ivumbi,
Arabic Tafsirs:
وَإِذَا ٱلرُّسُلُ أُقِّتَتۡ
N’igihe Intumwa zizakoranyirizwa hamwe ku gihe cyagenwe (kugira ngo zitange ubuhamya ku bo zatumweho),
Arabic Tafsirs:
لِأَيِّ يَوۡمٍ أُجِّلَتۡ
Ni uwuhe munsi (ibyo byose) byarindirijwe?
Arabic Tafsirs:
لِيَوۡمِ ٱلۡفَصۡلِ
Ni ku munsi w’urubanza (ubwo Allah azakiranura ibiremwa).
Arabic Tafsirs:
وَمَآ أَدۡرَىٰكَ مَا يَوۡمُ ٱلۡفَصۡلِ
Ni iki cyakumenyesha umunsi w’urubanza icyo uzaba uri cyo?
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).
Arabic Tafsirs:
أَلَمۡ نُهۡلِكِ ٱلۡأَوَّلِينَ
Ese ntitworetse abo hambere?
Arabic Tafsirs:
ثُمَّ نُتۡبِعُهُمُ ٱلۡأٓخِرِينَ
Nuko tukabakurikiza abo hanyuma?
Arabic Tafsirs:
كَذَٰلِكَ نَفۡعَلُ بِٱلۡمُجۡرِمِينَ
Uko ni ko tugenza inkozi z’ibibi,
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).
Arabic Tafsirs:
أَلَمۡ نَخۡلُقكُّم مِّن مَّآءٖ مَّهِينٖ
Ese ntitwabaremye mu mazi aciriritse?
Arabic Tafsirs:
فَجَعَلۡنَٰهُ فِي قَرَارٖ مَّكِينٍ
Nuko tukayashyira mu cyicaro gitekanye (nyababyeyi),
Arabic Tafsirs:
إِلَىٰ قَدَرٖ مَّعۡلُومٖ
Kugeza igihe kizwi.
Arabic Tafsirs:
فَقَدَرۡنَا فَنِعۡمَ ٱلۡقَٰدِرُونَ
Nuko tukagena (imikurire y’umwana n’ivuka rye) kandi ni twe duhebuje mu kugena.
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).
Arabic Tafsirs:
أَلَمۡ نَجۡعَلِ ٱلۡأَرۡضَ كِفَاتًا
Ese isi ntitwayigize ihuriro,
Arabic Tafsirs:
أَحۡيَآءٗ وَأَمۡوَٰتٗا
Ry’abazima (bayituyeho) n’abapfuye (bayishyinguwemo)?
Arabic Tafsirs:
وَجَعَلۡنَا فِيهَا رَوَٰسِيَ شَٰمِخَٰتٖ وَأَسۡقَيۡنَٰكُم مَّآءٗ فُرَاتٗا
Hanyuma tukanayishyiramo imisozi miremire, ndetse tukabaha n’amazi y’urubogobogo?
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).
Arabic Tafsirs:
ٱنطَلِقُوٓاْ إِلَىٰ مَا كُنتُم بِهِۦ تُكَذِّبُونَ
(Abahakanyi bazabwirwa bati) “Ngaho nimujye aho mwajyaga muhinyura (mu muriro wa Jahanamu)!”
Arabic Tafsirs:
ٱنطَلِقُوٓاْ إِلَىٰ ظِلّٖ ذِي ثَلَٰثِ شُعَبٖ
“Ngaho nimujye mu gicucu (cy’umwotsi wa Jahanamu) kigabanyijemo amashami atatu”,
Arabic Tafsirs:
لَّا ظَلِيلٖ وَلَا يُغۡنِي مِنَ ٱللَّهَبِ
“Nta bwugamo gitanga ndetse nta n’ubwo kirinda ikibatsi cy’umuriro”,
Arabic Tafsirs:
إِنَّهَا تَرۡمِي بِشَرَرٖ كَٱلۡقَصۡرِ
Mu by’ukuri (uwo muriro) utera ibishashi bingana n’inyubako nini,
Arabic Tafsirs:
كَأَنَّهُۥ جِمَٰلَتٞ صُفۡرٞ
(Ibyo bishashi) bimeze nk’ingamiya z’amagaju.
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).
Arabic Tafsirs:
هَٰذَا يَوۡمُ لَا يَنطِقُونَ
Kuri uwo munsi, nta cyo bazaba bashobora kuvuga.
Arabic Tafsirs:
وَلَا يُؤۡذَنُ لَهُمۡ فَيَعۡتَذِرُونَ
Nta n’uburenganzira bazahabwa bwo kugira urwitwazo batanga.
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).
Arabic Tafsirs:
هَٰذَا يَوۡمُ ٱلۡفَصۡلِۖ جَمَعۡنَٰكُمۡ وَٱلۡأَوَّلِينَ
Uwo uzaba ari umunsi w’urubanza, ubwo (mwe) n’abo hambere, tuzaba twabakoranyirije hamwe.
Arabic Tafsirs:
فَإِن كَانَ لَكُمۡ كَيۡدٞ فَكِيدُونِ
Niba hari amayeri mufite (yo guhunga ibihano byanjye), ngaho nimuyankorere.
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Kuri uwo munsi (w’izuka), ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyuraga (uwo munsi).
Arabic Tafsirs:
إِنَّ ٱلۡمُتَّقِينَ فِي ظِلَٰلٖ وَعُيُونٖ
Mu by’ukuri abagandukira (Allah), (ku munsi w’imperuka) bazaba bari hagati y’ibicucu (by’ibiti byo mu ijuru) ndetse n’amasoko (atemba),
Arabic Tafsirs:
وَفَوَٰكِهَ مِمَّا يَشۡتَهُونَ
(Bazaba bahabwamo) n’imbuto (z’amoko anyuranye) bazajya bifuza;
Arabic Tafsirs:
كُلُواْ وَٱشۡرَبُواْ هَنِيٓـَٔۢا بِمَا كُنتُمۡ تَعۡمَلُونَ
(Bazabwirwa bati) “Nimurye, munywe kandi mugubwe neza kubera ibyo mwajyaga mukora.”
Arabic Tafsirs:
إِنَّا كَذَٰلِكَ نَجۡزِي ٱلۡمُحۡسِنِينَ
Mu by’ukuri uko ni ko tugororera abakoze neza.
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyura (umunsi w’izuka).
Arabic Tafsirs:
كُلُواْ وَتَمَتَّعُواْ قَلِيلًا إِنَّكُم مُّجۡرِمُونَ
(Yemwe bahakanyi) “Nimurye munishimishe by’igihe gito (mu buzima bwo ku isi), kuko rwose muri inkozi z’ibibi.”
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyura (umunsi w’izuka).
Arabic Tafsirs:
وَإِذَا قِيلَ لَهُمُ ٱرۡكَعُواْ لَا يَرۡكَعُونَ
N’iyo babwiwe bati “Nimwuname (musali)!” Ntabwo bunama (ngo basali).
Arabic Tafsirs:
وَيۡلٞ يَوۡمَئِذٖ لِّلۡمُكَذِّبِينَ
Ibihano bikaze bizaba kuri ba bandi bahinyura (umunsi w’izuka).
Arabic Tafsirs:
فَبِأَيِّ حَدِيثِۭ بَعۡدَهُۥ يُؤۡمِنُونَ
None se nyuma y’iyi (Qur’an) ni ayahe magambo yandi bazemera?
Arabic Tafsirs:
 
Translation of the Meanings Surah: Al-Mursalāt
Index of Surahs Page Number
 
Translation of the Meanings of the Noble Quran - Kinyarwanda translation - Rwanda Muslim Association - Index of Translations

Issued by Rwanda Muslim Association

Close