Check out the new design

የተከበረው ቁርአን መልዕክተ ትርጉም - የኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የሩዋንዳ ሙስሊም ማህበር * - የትርጉሞች ማውጫ

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

የመልዕክት ትርጉም ሱራ (ምዕራፍ): አዝ ዛሪያት   አንቀፅ:
وَٱلسَّمَآءِ ذَاتِ ٱلۡحُبُكِ
Ndahiye ikirere kirimo amayira gikoze neza.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِنَّكُمۡ لَفِي قَوۡلٖ مُّخۡتَلِفٖ
Rwose mufite imvugo zitandukanye (ku byerekeye Intumwa Muhamadi ndetse n’iyi Qur’an).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
يُؤۡفَكُ عَنۡهُ مَنۡ أُفِكَ
Uteshwa (gukurikira Qur’an n’Intumwa Muhamadi) ni uwateshejwe (gukurikira ukuri).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
قُتِلَ ٱلۡخَرَّٰصُونَ
Abanyabinyoma baravumwe,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ٱلَّذِينَ هُمۡ فِي غَمۡرَةٖ سَاهُونَ
Ba bandi bari mu bujiji, barangaye,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
يَسۡـَٔلُونَ أَيَّانَ يَوۡمُ ٱلدِّينِ
Barabaza igihe umunsi w’ibihembo uzabera,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
يَوۡمَ هُمۡ عَلَى ٱلنَّارِ يُفۡتَنُونَ
(Uzaba ari) umunsi bazaba bari mu muriro bahanwa.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ذُوقُواْ فِتۡنَتَكُمۡ هَٰذَا ٱلَّذِي كُنتُم بِهِۦ تَسۡتَعۡجِلُونَ
(Bazabwirwa bati) “Ngaho nimwumve ibihano byanyu; ibi ni byo mwajyaga musaba ko byihutishwa.”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِنَّ ٱلۡمُتَّقِينَ فِي جَنَّٰتٖ وَعُيُونٍ
Mu by’ukuri abagandukira Allah bazaba bari mu busitani n’amariba (yo mu Ijuru),
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ءَاخِذِينَ مَآ ءَاتَىٰهُمۡ رَبُّهُمۡۚ إِنَّهُمۡ كَانُواْ قَبۡلَ ذَٰلِكَ مُحۡسِنِينَ
Bakira ibyo Nyagasani wabo yabahaye. Mu by’ukuri mbere bari abakora ibyiza;
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
كَانُواْ قَلِيلٗا مِّنَ ٱلَّيۡلِ مَا يَهۡجَعُونَ
Bajyaga baryama gake mu ijoro (kubera ko babaga basali, basingiza Nyagasani wabo),
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَبِٱلۡأَسۡحَارِ هُمۡ يَسۡتَغۡفِرُونَ
No mu gicuku (mu rukerera babaga) basaba imbabazi (Allah),
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَفِيٓ أَمۡوَٰلِهِمۡ حَقّٞ لِّلسَّآئِلِ وَٱلۡمَحۡرُومِ
No mu mitungo yabo, habagamo umugabane bagenera abakene basaba n’abihishira.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَفِي ٱلۡأَرۡضِ ءَايَٰتٞ لِّلۡمُوقِنِينَ
No ku isi hari ibimenyetso ku bemera badashidikanya,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَفِيٓ أَنفُسِكُمۡۚ أَفَلَا تُبۡصِرُونَ
Ndetse no muri mwe ubwanyu (ibyo bimenyetso birimo). Ese ntimubona?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَفِي ٱلسَّمَآءِ رِزۡقُكُمۡ وَمَا تُوعَدُونَ
No mu kirere hari amafunguro yanyu ndetse n’ibyo musezeranywa.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَوَرَبِّ ٱلسَّمَآءِ وَٱلۡأَرۡضِ إِنَّهُۥ لَحَقّٞ مِّثۡلَ مَآ أَنَّكُمۡ تَنطِقُونَ
Bityo, ndahiye ku izina rya Nyagasani w’ikirere n’isi ko (ibyo musezeranywa) ari ukuri nko kuvuga kwanyu.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
هَلۡ أَتَىٰكَ حَدِيثُ ضَيۡفِ إِبۡرَٰهِيمَ ٱلۡمُكۡرَمِينَ
Ese wamenye iby’inkuru y’abashyitsi ba Aburahamu b’abanyacyubahiro?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِذۡ دَخَلُواْ عَلَيۡهِ فَقَالُواْ سَلَٰمٗاۖ قَالَ سَلَٰمٞ قَوۡمٞ مُّنكَرُونَ
Ubwo binjiraga iwe bakavuga bati “mugire amahoro (salamu!)” Nuko akavuga ati “Salamu, bantu batazwi.”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَرَاغَ إِلَىٰٓ أَهۡلِهِۦ فَجَآءَ بِعِجۡلٖ سَمِينٖ
Nuko arinyabya asanga ab’iwe, azana inyana ibyibushye (inyama z’inyana yokeje).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَقَرَّبَهُۥٓ إِلَيۡهِمۡ قَالَ أَلَا تَأۡكُلُونَ
Maze arazibegereza, (abonye batarambura amaboko ngo barye) aravuga ati “Ese nta bwo murya?”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَأَوۡجَسَ مِنۡهُمۡ خِيفَةٗۖ قَالُواْ لَا تَخَفۡۖ وَبَشَّرُوهُ بِغُلَٰمٍ عَلِيمٖ
Nuko arabishisha (abonye batariye). Baravuga bati “Humura!” Hanyuma bamuha inkuru nziza (yo kuzabyara umwana) w’umuhungu uzaba afite ubumenyi (ku bijyanye na Allah).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَأَقۡبَلَتِ ٱمۡرَأَتُهُۥ فِي صَرَّةٖ فَصَكَّتۡ وَجۡهَهَا وَقَالَتۡ عَجُوزٌ عَقِيمٞ
Nuko umugore we aza yiyamira, akubita agashyi mu buranga bwe (atangara), aravuga ati “Umukecuru w’urubereri!”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
قَالُواْ كَذَٰلِكِ قَالَ رَبُّكِۖ إِنَّهُۥ هُوَ ٱلۡحَكِيمُ ٱلۡعَلِيمُ
Baravuga bati “Uko ni ko Nyagasani wawe yavuze. Mu by’ukuri ni Nyirubugenge buhambaye, Umumenyi uhebuje.”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
 
የመልዕክት ትርጉም ሱራ (ምዕራፍ): አዝ ዛሪያት
የሱራዎች ማውጫ ገፅ ቁጥር
 
የተከበረው ቁርአን መልዕክተ ትርጉም - የኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የሩዋንዳ ሙስሊም ማህበር - የትርጉሞች ማውጫ

በሩዋንዳ ሙስሊሞች ማህበር የተሰጠ።

ለመዝጋት