Check out the new design

แปล​ความหมาย​อัลกุรอาน​ - คำแปลภาษากินยาร์วันดา - โดยสมาคมมุสลิมรวันดา * - สารบัญ​คำแปล

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

แปลความหมาย​ ซูเราะฮ์: Al-Hijr   อายะฮ์:
قَالَ هَٰٓؤُلَآءِ بَنَاتِيٓ إِن كُنتُمۡ فَٰعِلِينَ
Aravuga ati “Aba (bakobwa bose bo mu gihugu) ni abakobwa banjye; bityo niba mukeneye gushaka (ngaho nimuze mbabashyingire, aho kwifuza abagabo bagenzi banyu).”
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
لَعَمۡرُكَ إِنَّهُمۡ لَفِي سَكۡرَتِهِمۡ يَعۡمَهُونَ
Ndahiye ubuzima bwawe (yewe Muhamadi)! Mu by’ukuri (abantu ba Loti) bari mu buyobe bwabo barindagira.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
فَأَخَذَتۡهُمُ ٱلصَّيۡحَةُ مُشۡرِقِينَ
Maze urusaku rw’ibihano rubarimbura izuba rirashe.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
فَجَعَلۡنَا عَٰلِيَهَا سَافِلَهَا وَأَمۡطَرۡنَا عَلَيۡهِمۡ حِجَارَةٗ مِّن سِجِّيلٍ
Nuko (imijyi yabo) turayubika maze tubanyagiza imvura y’amabuye acaniriye.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَٰتٖ لِّلۡمُتَوَسِّمِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo inyigisho ku bashishoza.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
وَإِنَّهَا لَبِسَبِيلٖ مُّقِيمٍ
Kandi mu by’ukuri (iyo mijyi twarimbuye) yari ku nzira nyabagendwa.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
إِنَّ فِي ذَٰلِكَ لَأٓيَةٗ لِّلۡمُؤۡمِنِينَ
Mu by’ukuri muri ibyo harimo inyigisho ku bemeramana.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
وَإِن كَانَ أَصۡحَٰبُ ٱلۡأَيۡكَةِ لَظَٰلِمِينَ
Ndetse n’abari batuye i Ayikati[1] (na bo) bari inkozi z’ibibi.
[1] Al Ayikat: Ni ahantu hari ishyamba ry’inzitane hafi y’ahitwa Madiyani, ari naho Intumwa Shuwayibu yoherejwe.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
فَٱنتَقَمۡنَا مِنۡهُمۡ وَإِنَّهُمَا لَبِإِمَامٖ مُّبِينٖ
Nuko turabahana. Kandi mu by’ukuri iyo (mijyi) yombi yari ku nzira nyabagendwa, igaragara.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
وَلَقَدۡ كَذَّبَ أَصۡحَٰبُ ٱلۡحِجۡرِ ٱلۡمُرۡسَلِينَ
Kandi rwose, abari batuye Hijiri (na bo) bahinyuye Intumwa (Swalehe).
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
وَءَاتَيۡنَٰهُمۡ ءَايَٰتِنَا فَكَانُواْ عَنۡهَا مُعۡرِضِينَ
Twanabahaye ibimenyetso byacu, ariko barabyirengagiza.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
وَكَانُواْ يَنۡحِتُونَ مِنَ ٱلۡجِبَالِ بُيُوتًا ءَامِنِينَ
Kandi bajyaga bacukura imisozi bagakoramo amazu, (bakayabamo) batekanye.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
فَأَخَذَتۡهُمُ ٱلصَّيۡحَةُ مُصۡبِحِينَ
Maze urusaku (rw’ibihano) rubatera mu gitondo cya kare.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
فَمَآ أَغۡنَىٰ عَنۡهُم مَّا كَانُواْ يَكۡسِبُونَ
Kandi ibyo bajyaga bakora nta cyo byabamariye.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
وَمَا خَلَقۡنَا ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضَ وَمَا بَيۡنَهُمَآ إِلَّا بِٱلۡحَقِّۗ وَإِنَّ ٱلسَّاعَةَ لَأٓتِيَةٞۖ فَٱصۡفَحِ ٱلصَّفۡحَ ٱلۡجَمِيلَ
Ntitwanaremye ibirere n’isi n’ibiri hagati yabyo bitari ku mpamvu z’ukuri. Kandi mu by’ukuri imperuka izaza (nta gushidikanya). Bityo (yewe Muhamadi) irengagize amakosa (yabo) ubababarire.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
إِنَّ رَبَّكَ هُوَ ٱلۡخَلَّٰقُ ٱلۡعَلِيمُ
Mu by’ukuri Nyagasani wawe ni We Muremyi, Umumenyi uhebuje.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
وَلَقَدۡ ءَاتَيۡنَٰكَ سَبۡعٗا مِّنَ ٱلۡمَثَانِي وَٱلۡقُرۡءَانَ ٱلۡعَظِيمَ
Kandi rwose (yewe Muhamadi) twaguhaye imirongo (ayat) irindwi (Surat Al Fatihat) isomwa kenshi, tunaguha Qur’an ihambaye.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
لَا تَمُدَّنَّ عَيۡنَيۡكَ إِلَىٰ مَا مَتَّعۡنَا بِهِۦٓ أَزۡوَٰجٗا مِّنۡهُمۡ وَلَا تَحۡزَنۡ عَلَيۡهِمۡ وَٱخۡفِضۡ جَنَاحَكَ لِلۡمُؤۡمِنِينَ
Kandi ntuzarambure amaso yawe urangamira ibyo twahaye bamwe muri bo (abahakanyi), kugira ngo tubashimishe by’igihe gito, ndetse ntibakagutere agahinda. Kandi ujye worohera abemeramana.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
وَقُلۡ إِنِّيٓ أَنَا ٱلنَّذِيرُ ٱلۡمُبِينُ
Unavuge uti “Mu by’ukuri njye ndi umuburizi ugaragara.”
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
كَمَآ أَنزَلۡنَا عَلَى ٱلۡمُقۡتَسِمِينَ
(Ndababurira ibihano) nk’ibyo (Allah) yahanishije abaciyemo (Qur’an) ibice.
ตัฟซีรต่างๆด้วย​ภาษาอาหรับ:
 
แปลความหมาย​ ซูเราะฮ์: Al-Hijr
สารบัญซูเราะฮ์ หมายเลขหน้า
 
แปล​ความหมาย​อัลกุรอาน​ - คำแปลภาษากินยาร์วันดา - โดยสมาคมมุสลิมรวันดา - สารบัญ​คำแปล

โดยสมาคมมุสลิมรวันดา

ปิด