Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore weetndoogo (al-fajri)   Aaya.:

Alfaj’ri

وَٱلۡفَجۡرِ
Ndahiye umuseke,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَيَالٍ عَشۡرٖ
N’amajoro cumi (ya mbere y’ukwezi gutagatifu kwa Dhul-Hijja),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلشَّفۡعِ وَٱلۡوَتۡرِ
N’ikitari igiharwe ndetse n’igiharwe (mu biremwa byose bya Allah),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلَّيۡلِ إِذَا يَسۡرِ
N’ijoro iyo rihita,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
هَلۡ فِي ذَٰلِكَ قَسَمٞ لِّذِي حِجۡرٍ
Ese muri izo (ndahiro) ntiharimo ibimenyetso bifatika ku muntu ufite ubwenge (bituma areka ibyaha n’ubuhakanyi)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَلَمۡ تَرَ كَيۡفَ فَعَلَ رَبُّكَ بِعَادٍ
Ese (yewe Muhamadi) ntiwamenye uko Nyagasani wawe yagenje aba Adi?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِرَمَ ذَاتِ ٱلۡعِمَادِ
(Abantu b’) Irama (bari barebare cyane), bafite n’inyubako ndende (zifite inkingi ndende),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ٱلَّتِي لَمۡ يُخۡلَقۡ مِثۡلُهَا فِي ٱلۡبِلَٰدِ
Bo (abo ba Irama) ntihigeze haremwa abandi bameze nka bo mu yindi mijyi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَثَمُودَ ٱلَّذِينَ جَابُواْ ٱلصَّخۡرَ بِٱلۡوَادِ
N’aba Thamudu bacongaga urutare mu bibaya (bakarukoramo inyubako)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَفِرۡعَوۡنَ ذِي ٱلۡأَوۡتَادِ
Na Farawo wari ufite imambo (yazirikagaho abantu abakorera iyicarubozo)?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ٱلَّذِينَ طَغَوۡاْ فِي ٱلۡبِلَٰدِ
Ba bandi bakoze ubugizi bwa nabi mu mijyi,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَكۡثَرُواْ فِيهَا ٱلۡفَسَادَ
Maze bayikwizamo ubwangizi bukabije,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَصَبَّ عَلَيۡهِمۡ رَبُّكَ سَوۡطَ عَذَابٍ
Nuko Nyagasani wawe abasukaho ibihano bibabaza,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ رَبَّكَ لَبِٱلۡمِرۡصَادِ
Mu by’ukuri Nyagasani wawe yiteguye guhana (inkozi z’ibibi).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَمَّا ٱلۡإِنسَٰنُ إِذَا مَا ٱبۡتَلَىٰهُ رَبُّهُۥ فَأَكۡرَمَهُۥ وَنَعَّمَهُۥ فَيَقُولُ رَبِّيٓ أَكۡرَمَنِ
Iyo Nyagasani agerageje umuntu, akamwubahisha akanamuhundagazaho ingabire, aravuga ati “Nyagasani wanjye yanyubahishije.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأَمَّآ إِذَا مَا ٱبۡتَلَىٰهُ فَقَدَرَ عَلَيۡهِ رِزۡقَهُۥ فَيَقُولُ رَبِّيٓ أَهَٰنَنِ
Nyamara yamugerageza akamugabanyiriza amafunguro, akavuga ati “Nyagasani wanjye yaransuzuguje!”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّاۖ بَل لَّا تُكۡرِمُونَ ٱلۡيَتِيمَ
Oya! Ahubwo ntimugirira neza imfubyi,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَا تَحَٰٓضُّونَ عَلَىٰ طَعَامِ ٱلۡمِسۡكِينِ
Ndetse nta n’ubwo mubwirizanya kugaburira abakene!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَتَأۡكُلُونَ ٱلتُّرَاثَ أَكۡلٗا لَّمّٗا
Kandi murya imirage (y’abandi) mukayimara,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَتُحِبُّونَ ٱلۡمَالَ حُبّٗا جَمّٗا
Ndetse mugakunda imitungo bikabije.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّآۖ إِذَا دُكَّتِ ٱلۡأَرۡضُ دَكّٗا دَكّٗا
Oya! Umunsi isi izasandazwa (igacikamo ibice),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجَآءَ رَبُّكَ وَٱلۡمَلَكُ صَفّٗا صَفّٗا
Nuko Nyagasani wawe akaza (guca imanza) ndetse n’abamalayika bari ku mirongo ikurikiranye,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَجِاْيٓءَ يَوۡمَئِذِۭ بِجَهَنَّمَۚ يَوۡمَئِذٖ يَتَذَكَّرُ ٱلۡإِنسَٰنُ وَأَنَّىٰ لَهُ ٱلذِّكۡرَىٰ
Kandi uwo munsi umuriro wa Jahanamu uzazanwa. Kuri uwo munsi, umuntu azibuka, ariko se uko kwibuka kuzamumarira iki?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَقُولُ يَٰلَيۡتَنِي قَدَّمۡتُ لِحَيَاتِي
Azicuza avuga ati “Iyaba nari narateganyirije ubuzima bwanjye (nkora ibikorwa byiza)!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَيَوۡمَئِذٖ لَّا يُعَذِّبُ عَذَابَهُۥٓ أَحَدٞ
Kuri uwo munsi ibihano (Allah) azahanisha nta wundi ushobora kubihanisha.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَلَا يُوثِقُ وَثَاقَهُۥٓ أَحَدٞ
Kandi azanaboha (abahakanyi) ukuboha kutashoborwa n’undi uwo ari we wese.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَٰٓأَيَّتُهَا ٱلنَّفۡسُ ٱلۡمُطۡمَئِنَّةُ
(Umwemeramana azabwirwa ati) “Yewe roho ituje!”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ٱرۡجِعِيٓ إِلَىٰ رَبِّكِ رَاضِيَةٗ مَّرۡضِيَّةٗ
“Garuka kwa Nyagasani wawe umwishimiye na We akwishimiye!”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱدۡخُلِي فِي عِبَٰدِي
“Maze winjire mu bagaragu banjye (b’intungane)”,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱدۡخُلِي جَنَّتِي
“Uninjire mu Ijuru ryanjye!”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore weetndoogo (al-fajri)
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu