Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore ɗate (alburuuj)   Aaya.:

Al Burudji

وَٱلسَّمَآءِ ذَاتِ ٱلۡبُرُوجِ
Ndahiye ikirere gifite inyenyeri nini nyinshi (zimurika nijoro),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱلۡيَوۡمِ ٱلۡمَوۡعُودِ
N’umunsi w’isezerano (umunsi w’imperuka),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَشَاهِدٖ وَمَشۡهُودٖ
N’umunsi w’ubuhamya (umunsi wa Idjuma) ndetse n’umunsi w’ikoraniro (umunsi wa Arafat).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قُتِلَ أَصۡحَٰبُ ٱلۡأُخۡدُودِ
Abantu bacukuriye abemeramana imyobo (yo kubatwikiramo) baravumwe,[1]
[1] Muri uyu murongo wa Qur’an haravugwamo amateka y’umwami witwa Dhu Nuwasi w’ahitwa Najirani, wategekaga abantu guhakana Imana, maze abanze akabacukurira imyobo ayicanamo umuriro akajya abajugunyamo ari bazima.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ٱلنَّارِ ذَاتِ ٱلۡوَقُودِ
Ubwo bacanaga umuriro ugurumana cyane,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِذۡ هُمۡ عَلَيۡهَا قُعُودٞ
Ubwo babaga bawicaye impande,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَهُمۡ عَلَىٰ مَا يَفۡعَلُونَ بِٱلۡمُؤۡمِنِينَ شُهُودٞ
Kandi babaga bashungereye ibyo bakoreraga abemeramana (babatwika).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا نَقَمُواْ مِنۡهُمۡ إِلَّآ أَن يُؤۡمِنُواْ بِٱللَّهِ ٱلۡعَزِيزِ ٱلۡحَمِيدِ
Kandi nta kindi babahoraga usibye kuba baremeye Allah, Umunyacyubahiro uhebuje, Ushimwa cyane,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ٱلَّذِي لَهُۥ مُلۡكُ ٱلسَّمَٰوَٰتِ وَٱلۡأَرۡضِۚ وَٱللَّهُ عَلَىٰ كُلِّ شَيۡءٖ شَهِيدٌ
Ufite ubwami bw’ibirere n’isi! Kandi Allah ni Umuhamya wa buri kintu.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ ٱلَّذِينَ فَتَنُواْ ٱلۡمُؤۡمِنِينَ وَٱلۡمُؤۡمِنَٰتِ ثُمَّ لَمۡ يَتُوبُواْ فَلَهُمۡ عَذَابُ جَهَنَّمَ وَلَهُمۡ عَذَابُ ٱلۡحَرِيقِ
Mu by’ukuri abatoteje abemeramana n’abemeramanakazi (babakorera iyicarubozo), nyuma ntibicuze (kuri Allah), bazahanishwa ibihano by’umuriro wa Jahanamu, banahanishwe ibihano bitwika.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ ٱلَّذِينَ ءَامَنُواْ وَعَمِلُواْ ٱلصَّٰلِحَٰتِ لَهُمۡ جَنَّٰتٞ تَجۡرِي مِن تَحۡتِهَا ٱلۡأَنۡهَٰرُۚ ذَٰلِكَ ٱلۡفَوۡزُ ٱلۡكَبِيرُ
Mu by’ukuri abemeye bakanakora ibikorwa byiza, bazagororerwa ubusitani butembamo imigezi (Ijuru). Iyo ni yo ntsinzi ihebuje.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ بَطۡشَ رَبِّكَ لَشَدِيدٌ
Mu by’ukuri ibihano bya Nyagasani wawe (yewe Muhamadi) birakaze.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّهُۥ هُوَ يُبۡدِئُ وَيُعِيدُ
Mu by’ukuri ni We waremye (ibiremwa bitari biriho) kandi ni na We uzabigarura (ku munsi w’imperuka).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَهُوَ ٱلۡغَفُورُ ٱلۡوَدُودُ
Kandi ni We Ubabarira ibyaha, Umukunzi (w’abemeramana),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ذُو ٱلۡعَرۡشِ ٱلۡمَجِيدُ
Nyiri Ar’shi[1], Nyirikuzo,
[1] Reba uko twasobanuye iri jambo muri Surat ul A’araf, Aya ya 54.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَعَّالٞ لِّمَا يُرِيدُ
Ukora ibyo ashaka akanabinoza.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
هَلۡ أَتَىٰكَ حَدِيثُ ٱلۡجُنُودِ
Ese wamenye inkuru z’ingabo?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فِرۡعَوۡنَ وَثَمُودَ
Za Farawo n’iz’aba Thamudu?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلِ ٱلَّذِينَ كَفَرُواْ فِي تَكۡذِيبٖ
Ahubwo abahakanye (bakomeje) guhinyura (ukuri).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَٱللَّهُ مِن وَرَآئِهِم مُّحِيطُۢ
Kandi Allah azi neza ibikorwa byabo byose (kandi azabibahanira).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بَلۡ هُوَ قُرۡءَانٞ مَّجِيدٞ
Ahubwo iyi ni Qur’an yubahitse,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فِي لَوۡحٖ مَّحۡفُوظِۭ
(Yanditse) ku rubaho rurinzwe (Lawuhul Mahfudh).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore ɗate (alburuuj)
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu