Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore ñirɓinde (abasa)   Aaya.:

Abasa

عَبَسَ وَتَوَلَّىٰٓ
(Intumwa Muhamadi) yazinze umunya inatera umugongo.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَن جَآءَهُ ٱلۡأَعۡمَىٰ
Ubwo umuntu utabona (Abdullah bin Umm-Maktum) yari aje ayisanga (igihe yigishaga bamwe mu bikomerezwa by’Abakurayishi).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا يُدۡرِيكَ لَعَلَّهُۥ يَزَّكَّىٰٓ
Ese wabibwirwa n’iki? Wenda arashaka kwiyeza?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَوۡ يَذَّكَّرُ فَتَنفَعَهُ ٱلذِّكۡرَىٰٓ
Cyangwa akakira urwibutso, hanyuma urwibutso rukamugirira akamaro?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَمَّا مَنِ ٱسۡتَغۡنَىٰ
Naho wa wundi wirata yumva ko adakeneye (kuyoboka),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَنتَ لَهُۥ تَصَدَّىٰ
Ni we witaho,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَمَا عَلَيۡكَ أَلَّا يَزَّكَّىٰ
Kandi nta cyo wabazwa aramutse atiyejeje (ngo ave mu buhakanyi, kuko wowe icyo ushinzwe ari ugusohoza ubutumwa bwa Allah gusa).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأَمَّا مَن جَآءَكَ يَسۡعَىٰ
Ariko wa wundi uje akugana yihuta,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَهُوَ يَخۡشَىٰ
Kandi akaba atinya (Allah n’ibihano bye),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَنتَ عَنۡهُ تَلَهَّىٰ
Uramwirengagiza (ukita ku bandi),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّآ إِنَّهَا تَذۡكِرَةٞ
Oya ntibikwiye! Mu by’ukuri (iyi Qur’an) ni urwibutso.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَمَن شَآءَ ذَكَرَهُۥ
Bityo, ubishaka nayizirikane.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فِي صُحُفٖ مُّكَرَّمَةٖ
(Iri) mu nyandiko zirinzwe mu cyubahiro (Lawuhul Mahfudh),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مَّرۡفُوعَةٖ مُّطَهَّرَةِۭ
Zubahitse kandi zejejwe,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
بِأَيۡدِي سَفَرَةٖ
Ziri mu maboko y’abanditsi (abamalayika bajyana ubutumwa ku bantu),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كِرَامِۭ بَرَرَةٖ
B’abanyacyubahiro kandi b’inyangamugayo.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
قُتِلَ ٱلۡإِنسَٰنُ مَآ أَكۡفَرَهُۥ
Umuntu (w’umuhakanyi) navumwe! Mbega ukuntu ari umuhakanyi (w’indashima)!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مِنۡ أَيِّ شَيۡءٍ خَلَقَهُۥ
Ese (Allah) yamuremye mu ki?
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مِن نُّطۡفَةٍ خَلَقَهُۥ فَقَدَّرَهُۥ
Yamuremye mu ntanga, arangije amugenera uko azabaho,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ ٱلسَّبِيلَ يَسَّرَهُۥ
Nuko amworohereza inzira (y’imibereho ye).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ أَمَاتَهُۥ فَأَقۡبَرَهُۥ
Nyuma amugenera urupfu no gushyingurwa,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ إِذَا شَآءَ أَنشَرَهُۥ
Kandi igihe azabishakira azamuzura.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَلَّا لَمَّا يَقۡضِ مَآ أَمَرَهُۥ
Oya! Nyamara (umuntu) ntarakora ibyo yamutegetse.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَلۡيَنظُرِ ٱلۡإِنسَٰنُ إِلَىٰ طَعَامِهِۦٓ
Ngaho umuntu niyitegereze amafunguro ye;
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
أَنَّا صَبَبۡنَا ٱلۡمَآءَ صَبّٗا
Uko tumanura amazi (mu kirere) yisuka ari menshi,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ شَقَقۡنَا ٱلۡأَرۡضَ شَقّٗا
Nuko tugasatura ubutaka uko bikwiye (kugira ngo amazi abashe kubwinjiramo n’imbuto zimere),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَأَنۢبَتۡنَا فِيهَا حَبّٗا
Maze tukabumezamo impeke,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَعِنَبٗا وَقَضۡبٗا
N’imizabibu n’imboga,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَزَيۡتُونٗا وَنَخۡلٗا
N’imizeti n’imitende,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَحَدَآئِقَ غُلۡبٗا
N’imirima igizwe n’ibiti by’inzitane,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَفَٰكِهَةٗ وَأَبّٗا
N’imbuto n’ubwatsi,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
مَّتَٰعٗا لَّكُمۡ وَلِأَنۡعَٰمِكُمۡ
Kugira ngo bibagirire akamaro, mwe n’amatungo yanyu.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِذَا جَآءَتِ ٱلصَّآخَّةُ
Ariko ubwo urusaku ruziba amatwi (impanda y’imperuka) ruzaza,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَوۡمَ يَفِرُّ ٱلۡمَرۡءُ مِنۡ أَخِيهِ
Uwo munsi umuntu azahunga umuvandimwe we,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَأُمِّهِۦ وَأَبِيهِ
(Ahunge) nyina na se,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَصَٰحِبَتِهِۦ وَبَنِيهِ
N’umugore we n’abana be,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لِكُلِّ ٱمۡرِيٕٖ مِّنۡهُمۡ يَوۡمَئِذٖ شَأۡنٞ يُغۡنِيهِ
Kuri uwo munsi, buri muntu azaba afite ibimuhangayikishije (bituma atita ku bandi).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وُجُوهٞ يَوۡمَئِذٖ مُّسۡفِرَةٞ
Kuri uwo munsi, uburanga (bw’abemeramana) buzaba bwererana,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ضَاحِكَةٞ مُّسۡتَبۡشِرَةٞ
Bamwenyura, bishimiye inkuru nziza bahawe (y’Ijuru).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
وَوُجُوهٞ يَوۡمَئِذٍ عَلَيۡهَا غَبَرَةٞ
Naho uburanga (bw’abahakanyi) kuri uwo munsi buzaba bwuzuye umukungugu,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore ñirɓinde (abasa)
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu