Check out the new design

Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association * - Loowdi firooji ɗi

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

Firo maanaaji Simoore.: Simoore Cuurki   Aaya.:
إِنَّ يَوۡمَ ٱلۡفَصۡلِ مِيقَٰتُهُمۡ أَجۡمَعِينَ
Mu by’ukuri umunsi w’urubanza (ubwo Allah azakiranura ibiremwa), ni wo munsi w’isezerano rya bose.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَوۡمَ لَا يُغۡنِي مَوۡلًى عَن مَّوۡلٗى شَيۡـٔٗا وَلَا هُمۡ يُنصَرُونَ
Umunsi inshuti magara itazagira icyo imarira inshuti magara ngenzi yayo, ndetse nta n’ubwo bazatabarwa.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِلَّا مَن رَّحِمَ ٱللَّهُۚ إِنَّهُۥ هُوَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلرَّحِيمُ
Uretse uwo Allah azagirira impuhwe. Mu by’ukuri (Allah) ni Umunyacyubahiro bihebuje, Nyirimbabazi.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ شَجَرَتَ ٱلزَّقُّومِ
Mu by’ukuri igiti cya Zaqumu,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
طَعَامُ ٱلۡأَثِيمِ
Kizaba amafunguro y’umunyabyaha,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَٱلۡمُهۡلِ يَغۡلِي فِي ٱلۡبُطُونِ
(Ayo mafunguro azaba ameze) nk’umuringa washongeshejwe, uzaba utogotera mu nda,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَغَلۡيِ ٱلۡحَمِيمِ
Nko gutogota kw’amazi yatuye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
خُذُوهُ فَٱعۡتِلُوهُ إِلَىٰ سَوَآءِ ٱلۡجَحِيمِ
(Hazatangwa itegeko rigira riti) “Nimumufate mumukururire mu muriro rwagati (uguramana)”,
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ثُمَّ صُبُّواْ فَوۡقَ رَأۡسِهِۦ مِنۡ عَذَابِ ٱلۡحَمِيمِ
“Maze mumusuke amazi yatuye mu mutwe nk’igihano.”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
ذُقۡ إِنَّكَ أَنتَ ٱلۡعَزِيزُ ٱلۡكَرِيمُ
(Maze abwirwe annyegwa ati) “Sogongera! Mu by’ukuri (wajyaga wibwira ko) uri umunyacyubahiro, umunyabuntu”
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ هَٰذَا مَا كُنتُم بِهِۦ تَمۡتَرُونَ
Mu by’ukuri iki ni cyo (gihano) mwajyaga mushidikanyaho.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
إِنَّ ٱلۡمُتَّقِينَ فِي مَقَامٍ أَمِينٖ
Mu by’ukuri abagandukira Allah bazaba bari ahantu hatekanye (mu Ijuru),
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فِي جَنَّٰتٖ وَعُيُونٖ
Mu busitani n’amasoko.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَلۡبَسُونَ مِن سُندُسٖ وَإِسۡتَبۡرَقٖ مُّتَقَٰبِلِينَ
Bazaba bambaye imyambaro ikoze mu ihariri (umwambaro ukoze mu budodo bw’amagweja) yorohereye ndetse n’iremereye, (bicaye) bateganye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
كَذَٰلِكَ وَزَوَّجۡنَٰهُم بِحُورٍ عِينٖ
Uko ni ko bizaba bimeze. Tuzanabashyingira Huur ul-a’in (abagore bo mu Ijuru b’igikundiro, b’amaso manini).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
يَدۡعُونَ فِيهَا بِكُلِّ فَٰكِهَةٍ ءَامِنِينَ
Bazarisabiramo imbuto (z’ubwoko bwose), batekanye.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
لَا يَذُوقُونَ فِيهَا ٱلۡمَوۡتَ إِلَّا ٱلۡمَوۡتَةَ ٱلۡأُولَىٰۖ وَوَقَىٰهُمۡ عَذَابَ ٱلۡجَحِيمِ
Ntabwo bazasogongeramo urupfu uretse urupfu rwa mbere (bari ku isi), kandi Allah azabarinda ibihano by’umuriro ugurumana.
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَضۡلٗا مِّن رَّبِّكَۚ ذَٰلِكَ هُوَ ٱلۡفَوۡزُ ٱلۡعَظِيمُ
Bizaba ari ingabire ziturutse kwa Nyagasani wawe! Iyo ni yo izaba ari intsinzi ihambaye!
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَإِنَّمَا يَسَّرۡنَٰهُ بِلِسَانِكَ لَعَلَّهُمۡ يَتَذَكَّرُونَ
Mu by’ukuri (Qur’an) twarayoroheje mu rurimi rwawe (rw’Icyarabu), kugira ngo bibuke (maze bibabere isomo).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
فَٱرۡتَقِبۡ إِنَّهُم مُّرۡتَقِبُونَ
Ngaho (yewe Muhamadi) tegereza (ibyo nagusezeranyije bizababaho), mu by’ukuri na bo bategereje (ibizakubaho).
Tafsiraaɗe Aarabu ɗen:
 
Firo maanaaji Simoore.: Simoore Cuurki
Loowdi cimooje ɗe Tonngoode hello ngon
 
Firo maanaaji Alqur'aana Teddunde nden - Nantinaande e Kinyarwanda - Rwanda Muslims Association - Loowdi firooji ɗi

Immorde e Rwanda Muslims Association.

Uddu