Check out the new design

የተከበረው ቁርአን መልዕክተ ትርጉም - የኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የሩዋንዳ ሙስሊም ማህበር * - የትርጉሞች ማውጫ

PDF XML CSV Excel API
Please review the Terms and Policies

የመልዕክት ትርጉም ሱራ (ምዕራፍ): አል ሓቃህ   አንቀፅ:

Alhaaqat

ٱلۡحَآقَّةُ
Ukuri kudakumirwa (umunsi w’izuka).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
مَا ٱلۡحَآقَّةُ
Ukuri kudakumirwa ni iki?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَمَآ أَدۡرَىٰكَ مَا ٱلۡحَآقَّةُ
Ni iki kizakubwira ukuri kudakumirwa?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
كَذَّبَتۡ ثَمُودُ وَعَادُۢ بِٱلۡقَارِعَةِ
Aba Thamudu n’aba Adi bahinyuye umunsi w’imperuka.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَأَمَّا ثَمُودُ فَأُهۡلِكُواْ بِٱلطَّاغِيَةِ
Aba Thamudu borekeshejwe urusaku ndengakamere.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَأَمَّا عَادٞ فَأُهۡلِكُواْ بِرِيحٖ صَرۡصَرٍ عَاتِيَةٖ
Naho aba Adi borekeshwa umuyaga uvuza ubuhuha, usenya.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
سَخَّرَهَا عَلَيۡهِمۡ سَبۡعَ لَيَالٖ وَثَمَٰنِيَةَ أَيَّامٍ حُسُومٗاۖ فَتَرَى ٱلۡقَوۡمَ فِيهَا صَرۡعَىٰ كَأَنَّهُمۡ أَعۡجَازُ نَخۡلٍ خَاوِيَةٖ
(Allah) yawubateje mu gihe cy’amajoro arindwi n’amanywa umunani bikurikiranye. Wabonaga abantu ari imirambo irambaraye imeze nk’ingiga z’ibiti by’imitende (byaranduwe) birangaye (birimo ubusa mo imbere).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَهَلۡ تَرَىٰ لَهُم مِّنۢ بَاقِيَةٖ
Ese urabona hari n’umwe wasigaye muri bo?
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَجَآءَ فِرۡعَوۡنُ وَمَن قَبۡلَهُۥ وَٱلۡمُؤۡتَفِكَٰتُ بِٱلۡخَاطِئَةِ
Farawo n’ababayeho mbere ye ndetse n’abo mu midugudu yabirinduwe (abantu ba Loti) bakoze ibyaha,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَعَصَوۡاْ رَسُولَ رَبِّهِمۡ فَأَخَذَهُمۡ أَخۡذَةٗ رَّابِيَةً
Nuko bigomeka ku Ntumwa ya Nyagasani wabo, maze (Allah) abahanisha ibihano bikaze.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِنَّا لَمَّا طَغَا ٱلۡمَآءُ حَمَلۡنَٰكُمۡ فِي ٱلۡجَارِيَةِ
Mu by’ukuri ubwo amazi yarengaga inkombe (mu gihe cy’umwuzure wo ku bwa Nuhu, abamwemeye) twabatwaye mu bwato.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
لِنَجۡعَلَهَا لَكُمۡ تَذۡكِرَةٗ وَتَعِيَهَآ أُذُنٞ وَٰعِيَةٞ
Kugira ngo tubigire urwibutso kuri mwe ndetse n’amatwi yumva abizirikane.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَإِذَا نُفِخَ فِي ٱلصُّورِ نَفۡخَةٞ وَٰحِدَةٞ
Ubwo impanda izavuzwa inshuro imwe (ya mbere).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَحُمِلَتِ ٱلۡأَرۡضُ وَٱلۡجِبَالُ فَدُكَّتَا دَكَّةٗ وَٰحِدَةٗ
Isi n’imisozi bigaterurwa, bigahondwa inshuro imwe.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَيَوۡمَئِذٖ وَقَعَتِ ٱلۡوَاقِعَةُ
Kuri uwo munsi, imperuka izaba igeze.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَٱنشَقَّتِ ٱلسَّمَآءُ فَهِيَ يَوۡمَئِذٖ وَاهِيَةٞ
N’ikirere kizasatagurika, maze uwo munsi kibe cyoroshye (ku buryo cyakwiyasagura).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَٱلۡمَلَكُ عَلَىٰٓ أَرۡجَآئِهَاۚ وَيَحۡمِلُ عَرۡشَ رَبِّكَ فَوۡقَهُمۡ يَوۡمَئِذٖ ثَمَٰنِيَةٞ
N’abamalayika bazaba bakizengurutse (ikirere) impande zacyo. Kandi kuri uwo munsi abamalayika umunani biyongera kuri abo bazaba bateruye Ar’shi[1] ya Nyagasani wawe.
[1] Reba ibisobanuro by’iri jambo muri Surat ul A’araf, Aya ya 54
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
يَوۡمَئِذٖ تُعۡرَضُونَ لَا تَخۡفَىٰ مِنكُمۡ خَافِيَةٞ
Uwo munsi muzahagarikwa (imbere ya Allah). Nta kintu na kimwe cyanyu kizayoberana.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ بِيَمِينِهِۦ فَيَقُولُ هَآؤُمُ ٱقۡرَءُواْ كِتَٰبِيَهۡ
Bityo, uzahabwa igitabo cye mu kuboko kw’iburyo, azavuga (aratira abandi) agira ati “Nimuze musome igitabo cyanjye.”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِنِّي ظَنَنتُ أَنِّي مُلَٰقٍ حِسَابِيَهۡ
Rwose njye nari nzi neza ko nzahura n’ibarura ryanjye nk’iri (kubera ibikorwa byiza nakoze).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَهُوَ فِي عِيشَةٖ رَّاضِيَةٖ
Azaba mu buzima bw’umunezero,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فِي جَنَّةٍ عَالِيَةٖ
Mu busitani buhebuje,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
قُطُوفُهَا دَانِيَةٞ
Imbuto zabwo zizaba ziri bugufi (yabo).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
كُلُواْ وَٱشۡرَبُواْ هَنِيٓـَٔۢا بِمَآ أَسۡلَفۡتُمۡ فِي ٱلۡأَيَّامِ ٱلۡخَالِيَةِ
(Bazabwirwa bati) “Nimurye munanywe kandi muryoherwe, ibyo ni ukubera ibyo mwakoze mu minsi yahise (mukiri ku isi).”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَأَمَّا مَنۡ أُوتِيَ كِتَٰبَهُۥ بِشِمَالِهِۦ فَيَقُولُ يَٰلَيۡتَنِي لَمۡ أُوتَ كِتَٰبِيَهۡ
Naho uzahabwa igitabo cye mu kuboko kw’ibumoso, azavuga (yicuza n’agahinda kenshi) ati “iyaba ntari mpawe iki gitabo cyanjye!”,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَلَمۡ أَدۡرِ مَا حِسَابِيَهۡ
Sinamenye iby’ibarura ryanjye!
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
يَٰلَيۡتَهَا كَانَتِ ٱلۡقَاضِيَةَ
Iyaba urupfu (rwanjye napfuye mva ku isi) rwari rwo rwa burundu.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
مَآ أَغۡنَىٰ عَنِّي مَالِيَهۡۜ
Umutungo wanjye nta cyo wamariye!
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
هَلَكَ عَنِّي سُلۡطَٰنِيَهۡ
N’ubutware bwanjye bwabaye imfabusa (bwancitse).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
خُذُوهُ فَغُلُّوهُ
(Abarinzi b’umuriro bazabwirwa bati) “Mumufate mumubohe,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ثُمَّ ٱلۡجَحِيمَ صَلُّوهُ
Maze mumutwikire mu muriro,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ثُمَّ فِي سِلۡسِلَةٖ ذَرۡعُهَا سَبۡعُونَ ذِرَاعٗا فَٱسۡلُكُوهُ
Nyuma mumuboheshe umunyururu ufite uburebure bwa Dhira’a[1] mirongo irindwi.
[1] Dhira’a ni bumwe mu buryo bwa kera bwifashishwaga mu gupima uburebure bw’ikintu. Dhira’a imwe ingana na santimetero hafi mirongo irindwi n’eshanu (75 cm).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِنَّهُۥ كَانَ لَا يُؤۡمِنُ بِٱللَّهِ ٱلۡعَظِيمِ
Mu by’ukuri ntiyemeraga Allah w’ikirenga.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَلَا يَحُضُّ عَلَىٰ طَعَامِ ٱلۡمِسۡكِينِ
Nta n’ubwo yajyaga ashishikariza (abantu) kugaburira abakene.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَلَيۡسَ لَهُ ٱلۡيَوۡمَ هَٰهُنَا حَمِيمٞ
None hano uyu munsi nta nshuti ari bugire (yamuvuganira cyangwa ngo imurinde ibihano)
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَلَا طَعَامٌ إِلَّا مِنۡ غِسۡلِينٖ
Nta n’ibyo kurya (ari buhabwe) uretse amashyira (y’abantu bo mu muriro),
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
لَّا يَأۡكُلُهُۥٓ إِلَّا ٱلۡخَٰطِـُٔونَ
Nta bandi (bahabwa) ibyo biribwa uretse abanyabyaha.”
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَلَآ أُقۡسِمُ بِمَا تُبۡصِرُونَ
Rwose ndahiye ibyo mureba,
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَمَا لَا تُبۡصِرُونَ
N’ibyo mutareba.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
إِنَّهُۥ لَقَوۡلُ رَسُولٖ كَرِيمٖ
Mu by’ukuri iyi (Qur’an) ni ijambo (rya Allah risomwa) n’Intumwa yubahitse (Muhamadi).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَمَا هُوَ بِقَوۡلِ شَاعِرٖۚ قَلِيلٗا مَّا تُؤۡمِنُونَ
Ntabwo ari imvugo y’umusizi. Dore ko mwemera gake!
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَلَا بِقَوۡلِ كَاهِنٖۚ قَلِيلٗا مَّا تَذَكَّرُونَ
Nta n’ubwo ari imvugo y’umupfumu. Ariko mwibuka gake!
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
تَنزِيلٞ مِّن رَّبِّ ٱلۡعَٰلَمِينَ
(Ahubwo ni igitabo) cyahishuwe giturutse kwa Nyagasani w’ibiremwa.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَلَوۡ تَقَوَّلَ عَلَيۡنَا بَعۡضَ ٱلۡأَقَاوِيلِ
N’iyo (Muhamadi) aza kugira ibyo aduhimbira (tutavuze),
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
لَأَخَذۡنَا مِنۡهُ بِٱلۡيَمِينِ
Twari kumufatisha imbaraga n’ukuboko kw’iburyo.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
ثُمَّ لَقَطَعۡنَا مِنۡهُ ٱلۡوَتِينَ
Maze tukamuca umutsi w’umujyana w’ibanze (uvana amaraso mu mutima uyohereza hose mu mubiri).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَمَا مِنكُم مِّنۡ أَحَدٍ عَنۡهُ حَٰجِزِينَ
Nta n’umwe muri mwe wari kugira icyo amumarira (ngo amutabare).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَإِنَّهُۥ لَتَذۡكِرَةٞ لِّلۡمُتَّقِينَ
Kandi mu by’ukuri (Qur’an) ni urwibutso ku bagandukira Allah.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَإِنَّا لَنَعۡلَمُ أَنَّ مِنكُم مُّكَذِّبِينَ
Rwose tuzi neza ko muri mwe hari abahinyura (iyi Qur’an).
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَإِنَّهُۥ لَحَسۡرَةٌ عَلَى ٱلۡكَٰفِرِينَ
Kandi rwose (ku munsi w’imperuka, Qur’an) izaba amakuba ku bahakanyi.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
وَإِنَّهُۥ لَحَقُّ ٱلۡيَقِينِ
Kandi mu by’ukuri (Qur’an) ni ukuri kudashidikanywaho.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
فَسَبِّحۡ بِٱسۡمِ رَبِّكَ ٱلۡعَظِيمِ
Bityo, tagatifuza izina rya Nyagasani wawe, Uhambaye.
ዓረብኛ ተፍሲሮች:
 
የመልዕክት ትርጉም ሱራ (ምዕራፍ): አል ሓቃህ
የሱራዎች ማውጫ ገፅ ቁጥር
 
የተከበረው ቁርአን መልዕክተ ትርጉም - የኪንያርዋንድኛ ትርጉም - የሩዋንዳ ሙስሊም ማህበር - የትርጉሞች ማውጫ

በሩዋንዳ ሙስሊሞች ማህበር የተሰጠ።

ለመዝጋት